Abasirikare 11 ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za CODECO

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare 11 b’igisirikare FARDC cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biciwe mu mirwano n’inyeshyamba za CODECO.

Iyi mirwano yakomerekeyemo n’abandi benshi nk’uko Radiyo Okapi yabitangaje, yabaye ku wa gatandatu ku wa 11 Mata, ibera mu mudugudu witwa Nyapala wo muri Teritwari ya Djugu iherereye ku birometelo 60 uvuye ahitwa Bunia.

Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, ubwo iriya Radiyo yamubazaga iby’ariya makuru yanze kwemeza ko hari abasirikare ba Leta bishwe ahubwo ahitamo gutangaza ko hari abababuriwe irengero mu bikorwa bya gisirikare byo guhiga ziriya nyeshyamba.

Amakuru avuga ko abasirikare bishwe baguye mu gico cya ziriya nyeshyamba bahigaga, nyuma y’uko zari zagabye igitero ku ngabo za Congo mu masaha yo ku munsi wari wabanje.

Imirwano yahuje impande zombi yaguyemo abasirikare 11 ba FARDC, abandi babarirwa mu icumi barakomereka.

Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lieutenant Jules Ngongo, yavuze ko hari abasirikare ba Congo bakomerekeye muri iriya mirwano, gusa yirinda gutangaza umubare w’abapfuye. Yavuze ko hari ababuriwe irengero, gusa bakaba bategereje ko ibikorwa bya gisirikare barimo birangira kugira ngo babatangaze.

Ku wa gatanu w’icyumweru gishize, inyeshyamba za CODECO zari zagabye ibitero ku modoka z’igisirikare cya Congo Kinshasa, zitwika imodoka ebyiri n’abantu batanu barimo n’abagenzi. Ibi byatumye ingendo muri aka gace zihagarikwa kubera mutekano muke.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *