Abayobozi umunani bo muri WDA, RSSB na WASAC batawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwafashe abantu umunani bakekwaho gukoresha nabi no kunyereza umutungo wa Leta.

Abo ni uwari Umuyobozi Mukuru, Gasana Jerome, uwari ushinzwe imishinga, Umuyobozi w’Ubutegetsi n’imari n’umukozi ushinzwe abakozi muri WDA.

Hari kandi, Umuyobozi ushinzwe ishoramari n’ushinzwe abakozi muri RSSB.

Hafunzwe  kandi uwari umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’Imari n’ushinzwe ibikoresho n’ubutegetsi muri WASAC.

Ibicishije ku rubuga rwayo rwa Twitter, RIB yavuze ko ikomeje iperereza kuri aba bantu uko ari umunani.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Bose ibyaha bakurikiranwe bituruka mu byagaragajwe na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, aho yerekanye ko  mu bihe bitandukanye hari umutungo wa Leta wakoreshejwe nabi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *