barwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa ADF, bagabye igitero ku birindiro by’ingabo na Polisi ya RDC mu mujyi wa Nobili uri hafi y’umupaka wa Uganda, batorokesha imfungwa zirenga 20.
Abantu bane barimo umwaka n’umugore utwite ni bo bivugwa ko bishwe n’amasasu, abandi bapfira mu muvundo bagerageza guhungira muri Uganda.
AFP yavuze ko ibitero bya ADF byatangiye ku wa Gatatu w’iki Cyumweru ubwo abarwanyi b’uriya mutwe bicaga abaturage mu duce twa Kamango na Njapande muri Teritwari ya Nobili, bigatuma abaturage babarirwa mu bihumbi bahungira muri Uganda.
Pascal Mbili Bhalitusuka ukora mu nzego z’ubuyobozi mu gace ka Watalinga muri Nobili, yavuze ko bariya barwanyi ba ADF banacikishije imfungwa zose zari zifungiye muri gereza yo muri kariya gace mbere yo kujyana na zo mu ishyamba.
Uyu muyobozi yavuze ko batazi niba bariya barwanyi bari bagamije gucikisha imfungwa.
ADF yagabye kiriya gitero mu gihe Ingabo za Uganda n’iza Congo Kinshasa zimaze amezi arenga abiri zihiga abarwanyi bayo.
Ni nyuma yo kugaba ibitero bikomeye byifashishije indege z’intambara ku birindiro by’uriya mutwe byasize bishenywe.


