Afurika y’Epfo igiye kwifashisha ingabo 75,460 mu gukumira Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri uyu wa 21 Mata 2020 yatangaje ko leta igiye kongera abasirikare 73,180 mu rugamba rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 ziyongera ku bandi 2280 bari boherejwe mbere, bose bagiye kunganira abapolisi muri izi nshingano.

Ni umwanzuro wafashwe nyuma yo kwigwaho na guverinoma ndetse n’ubuyobozi bukuru bw’igisirikare bitewe n’uburyo imibare y’iki cyorezo ikomeje kuzamuka muri iki gihugu.

Aba basirikare bazoherezewa muri izi nshingano kugeza tariki ya 26 Kamena 2020, gusa ngo bizasaba ingengo y’imari iremereye izageza ku marandi (rand) miliyari 5, arenga miliyari 247 z’amanyarwanda.

Afurika y’Epfo ni igihugu cya mbere muri Afurika kimaze kugaragaramo abarwayi benshi, aho ubu bamaze kugera hafi 3500 , mu gihe abamaze gupfa bagera kuri 58. Perezida Ramaphosa ku mugoroba w’uyu munsi yatangaje ko leta ikeneye ingengo y’imari y’akayabo ka miliyari 500 z’amarandi (tiliyari ziranga 20 z’amanyarwanda) yo guhangana n’iki cyorezo biruseho.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Afurika y’Epfo igiye kwifashisha ingabo 75,460 mu gukumira Covid-19
    Coronavirus irerekana ko World system ikwiye guhinduka.Nawe ndebera.Ubundi abasirikare ni abo kurinda igihugu.None bagihe guhangana n’ibibazo byatewe na Virus.Bya bifaru,missiles,indege,atomic bombs,etc…ntacyo bikimaze.Abantu dukwiye kumvira imana.Aho kurwana tugakundana,biriya bitwaro tukabitwika.Ariko kubera ko abantu banga kumvira imana,ku munsi w’imperuka izahindura World system.Nkuko Daniel 2,umurongo wa 44 havuga,izakuraho ubutegetsi bw’abantu,ishyireho ubwayo.Ndetse itwike intwaro zose zo ku isi nkuko Zaburi 46,umurongo wa 9 havuga.Hanyuma ikure mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza.Iyi Coronavirus ni integuza isaba abantu guhinduka bagashaka imana.

  2. Afurika y’Epfo igiye kwifashisha ingabo 75,460 mu gukumira Covid-19
    Coronavirus irerekana ko World system ikwiye guhinduka.Nawe ndebera.Ubundi abasirikare ni abo kurinda igihugu.None bagihe guhangana n’ibibazo byatewe na Virus.Bya bifaru,missiles,indege,atomic bombs,etc…ntacyo bikimaze.Abantu dukwiye kumvira imana.Aho kurwana tugakundana,biriya bitwaro tukabitwika.Ariko kubera ko abantu banga kumvira imana,ku munsi w’imperuka izahindura World system.Nkuko Daniel 2,umurongo wa 44 havuga,izakuraho ubutegetsi bw’abantu,ishyireho ubwayo.Ndetse itwike intwaro zose zo ku isi nkuko Zaburi 46,umurongo wa 9 havuga.Hanyuma ikure mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza.Iyi Coronavirus ni integuza isaba abantu guhinduka bagashaka imana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *