Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus batatu

img-20200422-wa0053.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus (Covid-19) batatu mu bipimo 1038 byafashwe. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo ni 153, hakizemo 84, abasigaye bakirwaye ni 69 harimo umwe uri kongererwa umwuka kugira ngo ataremba.

Perezida Kagame yahaye ikigega n’ikigo cy’ubuvuzi bya AU inkunga ya miliyoni y’amadolari

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yatanze inkunga ingana na $500,000 mu kigega nyafurika gishinzwe gushaka ibisubizo ku cyorezo cya Coronavirus, n’andi nka yo agomba kujya mu kigo nyafurika gishinzwe ubuvuzi, Africa CDC. Ni nyuma y’inama umukuru w’igihugu yagiranye n’ubuyobozi bwa Afurika Yunze Ubumwe, abakuru b’ibihugu batandukanye n’abanyamuryango b’ihuriro ry’abayobozi bashinzwe ubucuruzi […]

Abantu 12 bahitanwe n’imvura yaraye iguye mu gihugu

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (Minema), yatangaje ko imvura yaguye mu gihugu mu ijoro ryo wa kabiri ku wa 21 Mata yatwaye ubuzima bw’abantu 12 hirya no hino mu gihugu. Iyi Minisiteri ivuga ko uretse abantu bishwe n’ibiza bikomoka kuri iriya mvura, abantu 18 bakomeretse ndetse hakanangirika ibikorwa remezo bitandukanye ndetse n’amazu 32. Imvura kandi yangije […]

Musanze: Bambuwe inka ihaka n’iyayo ku bwo ‘gusuzugura’ mudugudu

Umuryango wa Iyamumpaye Emmanuel n’umugore we, Uwamariya Jacqueline batuye mu mudugudu wa Kamicaca mu Kagari ka Kamwumba Umurenge wa Nyange, akarere ka Musanze bavuga ko bababajwe n’uburyo bari bamaze umwaka n’amezi atatu bahawe inka muri gahunda ya Giriinka gusa bakayamburwa kuko ngo basuzuguye mudugudu nk’uko abandi baturage bavuga. Aba baturage batangarije TV1 ko bambuwe iyi […]

Uwakiniye Uganda yagarutse ku marozi yateje imvururu bakina n’Amavubi mu 2003

Myugariro Abubakar Tabula wahoze akinira Imisambi ya Uganda, yagarutse ku marozi yateje imvururu Amavubi y’u Rwanda akina n’Imisambi ya Uganda mu myaka 17 ishize. Wari umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisia mu 2004, wabereye kuri Stade Mandela i Nambole 2003. Umukino wagiye uhagarikwa kenshi n’ubushyamirane bw’abakinnyi b’impande zombi, mbere y’uko […]

Nyaruguru: Koperative ibasaba amafaranga yo kugura imbuto bataragurisha umusaruro bafite

Abahinzi basaga 330 bahinga mu gishanga cya Rwoganyoni mu murenge wa Kibeho, mu karere ka Nyaruguru, bahuriye muri koperative “Jya mbere muhinzi”, bavuga ko batumva ukuntu Koperative yabo iri kubasaba amafaranga yo kugura imbuto y’ibirayi kandi ntayo bafite kuko bataragurisha umusaruro wabo w’ibigori. Museruka Venuste, ni umunyamuryango utuye mu kagari ka Mubuga. Avuga ko yarangije […]

Umuyobozi wa Boko Haram ashobora kumanika amaboko-Igisirikare cya Nigeria

gjhzndoe.jpg

Igisirikare cya Nigeria gitangaza ko Umuyobozi w’Umutwe wa Kiyisilamu, Boko Haram, Aboubakar Shekau ashobora kumanika amaboko bitewe n’uko umutwe ayobowe usumbirijwe. Ubuyobozi bwa gisirikare butangaza ko ibi bubishingira ku kuba mu mvugo zaranze Shekau mu minsi ishize, yaragaragayemo gucika intege, ko “ ashobora kuyamanika.” Uyobora ishami ry’amakuru ya gisirikare muri Nigeria, Major General John Enenche […]

CHOGM 2020 in Kigali postponed

The 26th Commonwealth Heads of Government Meeting (Chogm) scheduled for later this year in Rwanda has been postponed due to coronavirus. The Commonwealth Secretariat on Tuesday said the summit set to take place from June 22 – 27 had been pushed to a later date. “The 26th CHOGM and associated events will be held in […]

Bishop Rugagi yavuze uburyo akomeje gukiza abarwayi ba Covid-19

Bishop Rugagi Innocent washinze itorero rya Redeemed Gospel Church yavuze uburyo akomeje gukiza abantu barwaye indwara y’icyorezo ya Coronavirus (Covid-19) yugarije Isi muri iki gihe, yifashishishije ingero z’abatandukanye. Rugagi uvugwaho gukora ibitangaza bikiza indwara, muri videwo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ati: “Iyankoresheje hakira Kanseri, iyankoresheje hakira diyabete, ni yo iri kunkoresha hakira na Covid-19.” Yatanze […]

Gasabo: Abasaga 3,500 baratabaza nyuma yo gushora imari muri kompanyi yorora inkoko

Abaturage basaga ibihumbi bitanu bashoye imari mu mushinga wa Kompanyi yitwa Unlimited Wealth (UWC) yororera inkoko ahitwa ku Gasima mu Kagari ka Musave mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, baratabaza bavuga ko bashobora kuba barakorewe ubwambuzi cyangwa icyo bita ubugome, amafaranga bashoye bakaba bagiye kuyabura. Umwe muri aba baturage utashatse gutangaza amazina ye […]

Bwa mbere Ubwongereza bugiye kugerageza urukingo rwa COVID-19

Minisiteri y’ubuzima mu Bwongereza, yatangaje ko guhera ku wa kane w’iki cyumweru izatangira kugeragereza ku bantu urukingo rwa COVID-19 rwakozwe na Kaminuza ya Oxford yo muri kiriya gihugu. Byatangajwe na Matt Hancock, usanzwe ari umunyamabanga w’iriya Minisiteri. Kaminuza ya Oxford yakoze urwo rukingo, yavuze ko ruramutse rukoze izindi nka rwo zibarirwa muri za miliyoni zaba […]

Rubavu: Abaturage baravutswa uburenganzira ku mitungo yabo bwite

Mu cyumweru cyashize nibwo humvikanye amakuru y’uko abaturage b’Akarere ka Rubavu batemerewe kugurisha imitungo yabo. Ibi byari bikubiye be mu ibarurwa Umuyobozi w’ako Karere, Habyarima Gilbert yandikiye abanyamabanga nshingwabikorwa ku wa 17 Mata 2020 asaba ko abaturage badakwiriye kugurisha imitungo yabo harimo n’ubutaka. Ibintu bitashimishije na gato abaturage kuko kuribo bavuga ko icyo cyemezo cy’akarere […]

Afurika y’Epfo igiye kwifashisha ingabo 75,460 mu gukumira Covid-19

Perezida w’Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri uyu wa 21 Mata 2020 yatangaje ko leta igiye kongera abasirikare 73,180 mu rugamba rwo guhangana n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 ziyongera ku bandi 2280 bari boherejwe mbere, bose bagiye kunganira abapolisi muri izi nshingano. Ni umwanzuro wafashwe nyuma yo kwigwaho na guverinoma ndetse n’ubuyobozi bukuru bw’igisirikare bitewe n’uburyo imibare […]

Ubuzima bwa Perezida Kim Jong Un bwaba buri mu kaga

Inkuru yakwirakwiye mu bihugu nka Koreya y’Epfo ivuga ko Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yabazwe umutima, ubu ubuzima bwe bukaba buri mu kaga bitewe n’uko iki gikorwa cyagenze nabi. Aya makuru yatangajwe n’igitangazamakuru cyitwa Daily NK cyatangaje ko mu makuru cyahawe n’uri muri Koreya ya Ruguru ari uko uyu Mukuru w’Igihugu uzwi […]

Covid-19 ikomeje kweguza abayobozi bakomeye mu bihugu bitandukanye

Mu gihe imibare y’abandura ndetse n’abicwa n’indwara y’icyorezo ya Coronavirus (Covid-19) ikomeje kuzamuka mu bihugu bitandukanye ku Isi, bamwe mu bayobozi bakuru batangiye gukuramo akabo karenge, bava mu nshingano bahawe ahanini bitewe n’amakosa bakoze mu guhangana n’iki cyorezo no kubura ibisubizo byakemura iki kibazo. Iyi nkundura cyatangiriye mu Budage mu mpera za Werurwe 2020, ubwo […]

Nyamasheke: Gitifu arashinjwa gutwara ifu y’imyumbati y’abaturage

Abaturage bakorera ubucuruzi mu isoko rya Rwesero riri mu Kagari ka Rwesero, bavuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari riherereyemo, Jeanette Mukandayisenga yabatwariye ibicuruzwa kuko batanze amakuru. Aba baturage kuwa 14 Mata batanze amakuru kuri Radio Isangano, aho bavuze ko gitifu wabo yabaciye amafaranga kuko bafite ubucucike ku bitara bakoreraho mu isoko nyamara hari abacucitse ku barusha. […]

Umukozi yirukanwe ku bwo guhurira na bosi we muri esanseri

Umukozi witwa Egware Emmanuel wo muri hoteli mu Mujyi wa Blantyre muri Malawi yirukanwe ku kazi ku bwo guhurira na bosi we muri esanseri. Egware nk’uko Malawi Times ibitangaza, yahuye na bosi we ubwo yava kurya saa sita mu gihe bosi we ari bwo yari aje mu kazi. Uyu mugabo avuga ko ” Yazamutse muri […]