Afurika y’Epfo: Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yagereranyije urukingo rwa Covid-19 n’umubare 666

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa Gatanu yahagaze ashikamye ku isengesho yasenze yamagana inkingo za Covid-19 avuga ko zifitanye isano n’umugambi wa Satani wo gutuma abantu bose baterwa umubare wa 666, aho kuri ubu akomeje kotswa igitutu n’abatavuga rumwe n’igitekerezo cye.

Mogoeng Thomas Reetsang Mogoeng, akaba ari umukirisitu, yanenzwe bikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’isengesho yasenze mu gikorwa cyo kunamira abantu bamaze guhitanwa na Covid-19 cyaberaga i Johanesburg kuwa Kane ushize.

Mogoeng mu isengesho rye yagize ati “Mfunze buri mudayimoni wa Covid-19, mfunze urukingo urwo arirwo rwose rutari urwanyu, niba hari urukingo urwo arirwo rwose rwa satani rugamije kwinjiza 666 mu buzima bw’abantu, rugamije kwangiza ADN zanyu.”

Kuri uyu wa Gatanu, nk’uko tubikesha urubuga News24 rwo muri Afurika y’Epfo, uyu mugabo yabwiye itangazamakuru ko nta kizamubuza kwamagana cyangwa gusengera inkingo “zishobora kuba ari iza Satani.”

Yagize ati “Ntushobora kuvuga ngo tugomba, nk’abakirisitu, kuzinga amaboko yacu ngo tuvuge ngo icyo abantu bazanye cyose ni kiza. Oya. Ntidushobora,”

Yakomeje agira ati “ Niba hari urukingo rufite 666, ndashaka ko Imana irusenya. Niba hari urukingo rwose rwaba rugamije kwangiza ADN z’abantu, ndasaba Imana kuruhagarika.”

Ibi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga muri Afurika y’Epfo yabitangaje mu gihe Guverinoma y’iki gihugu yaburiye buri wese ukwirakwiza amakuru atari yo kuri Coronavirus, mu gihe kandi igihugu kitegura kwakira inkingo za mbere z’iki cyorezo kimaze gufata abasaga 800,000, mu gihe kimaze guhitana abasaga 23,000.

Ibi ariko ntibyabujije Mogoeng kugira icyo atangaza kuri iki kibazo kubera inshingano ze.

Ati “ Iki ni igihugu cyigenga. Ntabwo ndibucecekeshwe. Ntabwo nitaye ku ngaruka,”

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Afurika y’Epfo: Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yagereranyije urukingo rwa Covid-19 n’umubare 666
    Ge uwo mubare nawakira icyangombwa ninyungu nabona yewe niyo bambwira ko Ari satani iwumpaye nawufata ariko ikankura murubu bukene burushaho kwiyongera murwa rwanda.

  2. Afurika y’Epfo: Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yagereranyije urukingo rwa Covid-19 n’umubare 666
    Ge uwo mubare nawakira icyangombwa ninyungu nabona yewe niyo bambwira ko Ari satani iwumpaye nawufata ariko ikankura murubu bukene burushaho kwiyongera murwa rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *