Afurika y’Epfo: Umukirisitu yarasiye abajura 2 mu rusengero

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangaje ko iri gukora iperereza ku bantu 2 barasiwe mu rusengero rwa Querentia Ministry n’umuntu waje gusenga.

Ku Cyumweru tariki 26 Nyakanga, mu Ntara ya Gauteng muri Afurika y’Epfo mu rusengero ruherereye i Centurion, umwe mu baje gusenga yarasiye abagabo babiri mu rusengero bahita bapfa.

News 24 ivuga ko aba bagabo bishwe basanganwe intwaro zirimo imbunda. Umwe bu bari baje gusengera mu rusengero rwa Querentia Ministry yabwiye iki gitangazamakuru ko ubwo basengaga, abagabo batatu bahise binjira mu rusengero batangira kwaka buri umwe ibyo afite byose. Ibi bigakorwa batunzwe imbunda.

Umwe mu bari baje gusengera muri uru rusengero witwa Pieter van der Westhuizen, usanzwe afite intwaro yahawe ku buryo bwemewe n’amategeko, yahise atangira kubarasa yicamo 2, umwe aratoroka.

Umuyobozi wa Polisi ikorera mu gace ka Gauteng, Mathapelo Peters, yavuze ko hakiri gukorwa iperereza ryimbitse kugira ngo bamenye neza ukuri ku cyateye uyu mugabo kwica bariya bantu.

Umuyobozi w’urusengero rwa Querentia Ministry bivugwa ko yakomerekeye muri iri rasana, kuri ubu akaba ari kwitabwaho n’abaganga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *