Akarere ka Ngororero kaza ku isonga mu kugira imfu nyinshi z’iseru

Sangiza iyi nkuru

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) igaragaza ko Akarere ka Ngororero kaza imbere mu kugira imfu nyinshi z’iseru ugereranyije n’utundi turere two mu Rwanda.

Ubushakashatsi bwa OMS bwo mu kwezi kwa Kamena na Nyakanga 2019 bugaragaza ko mu Karere ka Ngororero hapfuye abagera kuri bane bazize iyi ndwara.

Mu Rwanda hose, mu bantu 74 basuzumwe 12 bari bafite iyi ndwara, ubundi yakababaye yarakingiwe.

OMS iti “ Hagati y’ukwezi kwa gatandatu n’ukwa karindwi 2019, iseru yasuzumwe abantu 74 mu Rwanda bayisangamo 12 yica abagera kuri bane (4) mu burengerazuba cyane mu karere ka Ngororero nk’uko OMS ibivuga.”

Ibi biravugwa mu gihe mu 2016, mu mudugudu wa Bikingi, mu kagari ka Kijote umurenge wa Bigogwe, mu karere ka Nyabihu yahitanye abantu batanu.

Dr Nyamusore Jose, Umuyobozi w’ishami rishijwe kurwanya indwara z’ibyororezo mu kigo k’Igihugu cy’Ubuzima ( RBC) avuga ko uko indwara y’iseru yandura vuba kubera ko yandurira mu mwuka.

Ati ”Iseru yandura mu buryo bworoshye kuko n’indwara yandura binyuze mu kwitsamura no gukorora.”

Ikindi, nuko virusi yayo iyo isohotse mu murwayi imara amasaha 2 itarapfa ; iyo hari uri hafi arayandura mu gihe cyayo masaha ; ikindi ni uko uwafashwe n’iseru atangira kwanduza abandi mbere y’iminsi 4 mu gihe aba ataragaragaza ibimenyetso.”

Dr. Nyamusore akomeza agira ati”Iseru n’indwara igaragara henshi ku isi, ifatwa nk’icyorezo, kandi akeshi yibasira abatarayikingiwe, abana, abagore batwite, abasaza n’abakecuru, ndetse n’undi muntu ifite indi ndwara yaba yagabanyaje ubudahangarwa bw’umubiri.

Inama yatanzwe n’uyu muganga ku kwirinda iyi ndwara ni uko abantu bikingiza, kandi nuwo igaragayeho akihutira kwivuza, kuko ifata nk’ibicurane bisazwe.

Buri wese rero akwiye kwivuza mu gihe arwaye, ikindi nuko indwara y’iseru itagira umuti, ahubwo havurwa ibimenyetso byayo.

Imibare ya OMS ivuga ko abana ibihumbi ijana na cumi bishwe n’iseru mu mwaka wa 2017.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *