fb_img_16136775860592494-2.jpg

Amafoto utabonye ya Jacques Tuyisenge n’umukunzi we mu munyenga w’urukundo

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Jacques Tuyisenge, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Jordin ukomoka mu gihugu cya Uganda.

Ku mugoroba wo ku wa Kane hari hagiye hanze amafoto ya Tuyisenge Jacques yateye ivi asaba uriya mukobwa ko yazamubera umugore, gusa amakuru avuga ko Jacques yateye ivi nyuma yo kuva gusezerana imbere y’amategeko.

Amafoto yagiye hanze yerekana Jacques n’umukunzi we barebana akana ko mu jisho nyuma yo gusezerana, ibishimangira urwo bakundana.

Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatandatu ari bwo Tuyisenge n’umukunzi we bagombaga kubana byeruye nk’umugabo n’umugore nyuma yo gusezerana imbere y’Imana, gusa ubukwe bwabo buza kuburizwamo n’icyorezo cya COVID-19.

Cyakora cyo hari n’andi makuru avuga ko aba bombi basanzwe babana mu rugo rwa Jacques ruherereye i Nyamata mu Bugesera kuva mu mpera z’umwaka ushize.

7ecfcf548e8ef9e6d6f537b202c241.jpg

fb_img_16136775860592494-2.jpg

08cd2b2b3fcf99991b048567616c1d.jpg

2840c38d36501fe492982da7e3fe5e.jpg

fb_img_16138007302397537.jpg

fb_img_16138007080515206.jpg

fb_img_16138006649276621.jpg

fb_img_16138005858237901.jpg

Amafoto: @La Fotolia

Kurikira ibiganiro n’ama Video binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *