Amateka Kagere amaze kwandika mu minsi 732 amaze muri Simba SC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania ikinamo Umunyarwanda Meddie Kagere, yaraye yegukanye igikombe cya shampiyona ya Tanzania nyuma yo kujya kunganya 0-0 na Tanzania Prison.

Hari mu mukino w’umunsi wa 32 wa Shampiyona ya Tanzania Simba yasabwagamo inota rimwe, ubundi igatwara igikombe cya Shampiyona ku ncuro ya gatatu yukurikiranya, n’icya 21 mu mateka yayo.

Iyi kipe y’Umuherwe Mohammed Dewji, yegukanye igikombe cya Shampiyona ya Tanzania mu gihe Umunyarwanda Meddie Kagere yizihizaga imyaka ibiri yari amaze ayisinyiye, nyuma yo gutandukana na Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya.

Ku wa 27 Kamena ni bwo Kagere yasinye imyaka ibiri yo gukinira Simba SC, mbere yo kuba umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba iyi kipe yubakiyeho.

Magingo aya Kagere ayoboye abamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania y’uyu mwaka n’ibitego 19, bimuhesha amahirwe yo kongera kwegukana igihembo cy’uwatsinzemo ibitego byinshi nk’uko yari yabigenje mu mwaka w’imikino ushize.

Muri rusange mu myaka ibiri n’umunsi umwe Kagere amaze muri Simba SC, amaze kuyikinira imikino 87 mu marushanwa atandukanye, akaba yarayutsindiye ibitego 54.

Uyu rutahizamu w’Ikipe y’igihugu Amavubi kandi amaze gutanga imipira 10 yavuyemo ibitego, hejuru y’ibyo akaba amaze gutwarana na Simba ibikombe bine birimo bibiri bya Shampiyona ya Tanzania na bibiri bya Community Shield.

Ikindi ni uko mwaka w’imikino ushize yegukanye igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania, atorwa nk’umukinnyi w’umwaka muri iyi shampiyona ndetse n’umukinnyi w’umwaka na rutahizamu mwiza wa Simba Sports Club.

Mu gihe Shampiyona ya Tanzania ibura imikino itandatu ngo isozwe, Kagere na bagenzi be bayiyoboye n’amanota 79, bakaba barusha Young Africans ya Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick Papy iza ku mwanya wa kabiri amanota 19.

Simba kandi irarusha Azam ya gatatu amanota 20 mu gihe Namunongo ya kane ku rutonde rwa shampiyona iyirusha amanota 23.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *