trumptruthsocial_US-ROKdrills-935x500

Amerika yivumbuye kuri Korea y’Epfo kubera intambara ya Iran

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kugabanya ku buryo bugaragara imyitozo ya gisirikare ihuriweho zakoranaga na Korea y’Epfo, avuga ko afitanye “umubano mwiza cyane” na Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, Perezida Trump yavuze ko Koreya y’Epfo iherutse kwanga kwifatanya na Amerika mu bikorwa byo gukuraho gahunda ya nikleyeri ya Iran.

Yagize ati: “Iyi myitozo ya gisirikare ntabwo ihenze gusa, kuko igice kinini cy’amafaranga ayikoresha gitangwa na Amerika (nk’uko bisanzwe!), ahubwo inatanga ubutumwa budakwiye na gato kandi bw’ubushyamirane.”

Korea y’Epfo ku ruhande rwayo,  yatangaje ko imyitozo ya gisirikare ihuriweho na Amerika izakomeza nk’uko yari iteganyijwe. Koreya ya Ruguru yo nta cyo yari yatangaza ku byatangajwe na Trump.

Ibi biravugwa nyuma y’uko muri uku kwezi Koreya ya Ruguru yakoze igerageza rya misile zo mu bwoko bwa ‘ballistique’, ibikorwa byabujijwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Ku Cyumweru Trump yavuze ko “igihe cyo guhagarika iyo myitozo cyari cyarenze”, kuko Amerika na Koreya y’Epfo byari biteganyijwe ko bitangira imyitozo nk’iyo ngarukamwaka kuri uyu wa Mbere.

Yongeyeho ati: “Nubwo ibi bisa nk’aho bidafitanye isano (?), mperutse kubaza Perezida wa Koreya y’Epfo niba bashaka kwifatanya natwe mu gukuraho intwaro za kirimbuzi muri Repubulika ya Kisilamu ya Iran, maze baransubiza bati: ‘Oya, murakoze!’”

Trump atangaje ibi nyuma y’amasaha atageze kuri 24 ashyize ku rubuga rwe ifoto ya kera yafotowe ari kumwe na Kim Jong Un mu 2019. Trump yavuze ko bombi ari inshuti zikomeye, “nubwo kuri iyi foto tutagaragaza ubushuti”.

Biteganyijwe ko iyo myitozo ihuriweho na Amerika na Korea y’Epfo izamara iminsi 11 ikazitabirwa n’abasirikare ba Koreya y’Epfo bagera hafi ku 18,000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply