Urukiko rw’Ikirenga muri Angola rwakatiye umuhungu w’uwahoze ari Perezida Jose Eduardo dos Santos gufungwa imyaka 5 y’igifungo, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kunyereza umutngo wa Leta.
Jose Filomeno dos Santos w’imyaka 42, yatumijwe n’urukiko rukuru rwa Angola mu mpera z’umwaka ushize, ngo yiregure ku mafaranga yanyerejwe mu kigega cy’imari ya Leta angana na miliyari 1.5 z’amadorari. Ibi ni ibyaha bivugwako yakoze hagati y’umwaka wa 2013 na 2018 .
Jose Filomeno dos Santos, bivugwa kandi ko yanyereje miliyoni 500 z’imisoro akazohere za muri banki yo mu Busuwisi .
Ahereye kuri ibi byose byavuzwe , umucamanza mukuru Joao Da Cruz Pitra yanzuye ko Jose Filomeno dos Santos akatirwa imyakka itanu y’igifungo.
Mu bandi baburanaga nawe mu rubanza harimo Uwahoze ari guverineri wa Banki y’igihugu Filipe Da Silva wakatiwe imyaka 8 y’igifungo azira gukoresha ububasha yahabwaga n’amategeko mu nyungu ze bwite. Umucamanza Joao Da Cruz yavuze ko Filipe da Silva yafatanije na Filomeno dos Santos mu bikorwa byose yahamijwe.
Uwunganira Filomeno dos Santos mu mategeko, Sergio Raimundo, yabwiye AFP ko atemeye uwo mwanzuro w’urukiko bityo ko we n’umukiriya we bagiye gutegura ijurira mu minsi mike.
Umuryango wa Jose Edouardo dos Santos uzwiho ubutunzi budasanzwe . Aho uyu muryango ufite imitungo myisnhi ikomoka ku bucukuzi bwa Peteroli bwari mu maboko y’uyu muryango kuva 1987.
.


