Mali: Perezida Keita na Minisitiri w’Intebe batawe muri yombi n’abasirikare

Perezida wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, Boubou Cisse, bafungiwe mu murwa mukuru Bamako n’agatsiko n’abasirikare bagerageje gukora Coup d’Etat kuri uyu wa kabiri nyuma yo kubata muri yombi. Perezida wa Mali na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu batawe muri yombi nyuma y’amasaha make abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi bagabye igitero ku kigo […]

Abandi bantu 2 bishwe na Covid-19 mu Rwanda

img-20200818-wa0046.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Kanama 2020 yatangaje ko abandi bantu babiri bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Umwe yari afite imyaka 45 y’amavuko, undi yari afite 55. Umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo, wazamutse ugera ku 10. Abantu 37 ni bo bagaragayeho iki cyorezo uyu munsi, mu bipimo 4326 byafashwe. Muri bo harimo 28 […]

Nyamasheke: Yafashwe urugo rwe yaruhinduye akabari maze ashaka guhangana n’inzego z’umutekano

Umugabo witwa Sebazungu Manassé w’imyaka 46 y’amavuko, utuye mu mudugudu wa Mpishyi, akagari ka Mataba, mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 17 Kanama yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ubwo basangaga iwe yarahahinduye akabari n’abantu banywa, igihe akibazwa impamvu ahindura akabari inzu atuyemo n’umuryango aho kubasubiza agafata amabuye agatangira kuyatera inzego […]

Byinshi ku Mugaba w’Ingabo zo ku butaka, izo mu kirere, Inkeragutabara n’Umugaba Mukuru muri RDF

einw3q_w4ael4ye_1597746323500.jpg

Iteka rya Perezida wa Repubulika No. 33/01 ryo ku wa 03/09/2012 rigena ibyiciro by’ingabo z’u Rwanda birimo: Izirwanira ku Butaka, Izirwanira mu Kirere ndetse n’Inkeragutabara, rikagena imitegekere yabyo nk’uko bigaragara mu ngingo ya 26, iya 27 n’iya 28. Hashingiwe kuri iri teka, Perezida Kagame uyoboye u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga yashyizeho Gen. Jean Bosco Kazura […]

RDC: Dr Mukwege washinje ingabo z’u Rwanda kwica impunzi muri RDC yabwiwe ko azicwa

Ishyirahamwe ry’abaganga baharaninira uburenganzira bwa muntu (PHR), rirasaba ko Dr Denis Mukwege uri mu barigize acungirwa umutekano mu buryo bwihariye, nyuma yo kubwirwa ko azicwa azira Raporo ye yise ‘Mapping Report’ ishinja ingabo z’u Rwanda kwica impunzi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Dr Denis Mukwege ni umuganga w’Umukongomani ukorera i Bukavu mu […]

Umweyo muri FC Barcelona! Nyuma y’umutoza Setién hatahiwe Eric Abidal

Ikipe ya FC Barcelona kuri uyu wa kabiri, yemeje ko yamaze gutandukana n’Umufaransa Eric Abidal wari umaze imyaka ibiri ari Umuyobozi wa Siporo muri iriya kipe y’i Catalunya. FC Barcelona yemeje ko yatandukanye n’uyu mugabo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Internet. Yagize iti: “Barcelona na Éric bageze ku bwumvikane bwo gusesa amasezerano impande […]

Bruce Melodie mu byishimo bidasanzwe nyuma y’uko ingagi yamwitiriwe yibarutse imfura

screenshot_20200818-163249_1597761293288.jpg

Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie yagaragaje ibyishimo bidasanzwe yatewe no kubona ingagi yamwitiriwe y’ibarutse imfura. Ubutumwa bw’ikigo gishinzwe kubungabunga ubuzima bw’ingagi, Dian Fossey Gorilla Fund bugaragaza ko ingagi yibarutse ari iyitwa Igitangaza ibarurwa mu muryango ukiri muto w’Urugwiro. Uyu muryango witwa Urugwiro wari umaze igihe kitagera ku mezi abiri ubonye umwana wa mbere […]

Umunya Kenya usa na Kabuga yatangaje ko yabohowe no kumuta muri yombi

Daniel Muthee Ngeera, Umunya Kenya wigeze kwitiranwa n’umunyemari Kabuga Felcien wari umaze imyaka irenga 25 ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga, yatangaje ko yabohotse nyuma y’uko Kabuga afatiwe i Paris mu Bufaransa. Muri 2012 kimwe mu bitangazamakuru byo mu gihugu cya Kenya, cyakoze inkuru icukumbuye igaragaza ko Muthee ari we Kabuga wari umaze igihe ashakishwa n’amahanga ngo aryozwe […]

Ubuzima n’amateka bya El Patron wamamamaye nk’imana ya Cocaine

Pablo Escobar Gaviria wamenyekanye nka ‘El Patron’, ni umugabo w’icyamamare ukomoka muri Colombia. Escobar azwi mu bikorwa bitandukanye by’ubugiraneza , azwi kandi nk’umuherwe wabayeho abikesheje ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge yakoraga binyuze mu mutwe w’abacuruzi ba Cocaïne witwa Medellin Cartel. El Patron bivugwa ko yagenzuraga 80% by’urumogi rwinjiraga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva mu mwaka 1970-1993. Ni […]

Guma mu Rugo y’igihugu cyose turayikozaho imitwe y’intoki_Minisitiri Busingye

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnson Busingye, yaciye amarenga y’uko igihugu cyose gishobora gusubira muri gahunda ya Guma mu Rugo nyuma y’uko hari bamwe binangiye bakanga kubahiriza ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Ni icyorezo imibare ya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yerekana ko kimaze kwandurwa n’ababarirwa muri 2,540, barimo abantu umunani kishe […]

Angola: Umuhungu w’uwahoze ari Perezida yakatiwe imyaka 5 y’igifungo

Urukiko rw’Ikirenga muri Angola rwakatiye umuhungu w’uwahoze ari Perezida Jose Eduardo dos Santos gufungwa imyaka 5 y’igifungo, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kunyereza umutngo wa Leta. Jose Filomeno dos Santos w’imyaka 42, yatumijwe n’urukiko rukuru rwa Angola mu mpera z’umwaka ushize, ngo yiregure ku mafaranga yanyerejwe mu kigega cy’imari ya Leta angana na miliyari 1.5 […]

Ubushakashatsi bwerekanye ko imbwa ishobora gutahura umurwayi wa Covid-19

Ubushakasahtsi bwakozwe n’ikigo Germany Veterinary University cyo mu Budage, bwemeje ko imbwa ifite ubushobozi bwo gutandukanya umuntu urwaye covid-19 n’utayirwaye ku kigero cya 94 % binyuze mu kumva impumuro y’amacandwe . Ubu bushakashatsi bwakozwe na university of Veterinary Medecine Hannover ku bufatanye na German Armed Forces buvuga ko imbwa imaze igihe kigera ku cyumweru ibitozwa […]