Arsenal y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Villarreal, Man United iha AS Roma isomo

Sangiza iyi nkuru

Imikino ibanza ya 1/2 cy’irangiza cya UEFA Europa league yabaye mu ijoro ryakeye, yasize ikipe ya Arsenal itsinzwe na Villarreal ibitego 2-1, mu gihe Manchester United yanyagiye AS Roma ibitego 6-2.

Arsenal yari yasuye Villarreal y’umutoza Unai Emery wahoze ayitoza, birangira itsindiwe muri Espagne ibitego 2-1.

Umunota wa gatanu w’umukino wari uhagije ngo Manuel Trigueros atsindire Villarreal igitego cya mbere, mbere y’uko Kapiteni Raul Albiol atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 29 w’umukino.

Arsenal yakinnye iminota 30 ya nyuma y’umukino ifite abakinnyi 10 mu kibuga, nyuma y’uko Dani Ceballos yari amaze kwerekwa ikarita ya kabiri y’umuhondo agasohorwa mu kibuga.

Cyakora cyo ntibyabujije iyi kipe kubona impozamarira ku munota wa 73 ibifashijwemo na Penaliti ya Nicolas Pepe, nyuma y’uko Bukayo Saka yari amaze gutegerwa mu rubuga rw’amahina na Trigueros.

Nyuma y’umukino umutoza Mikel Arteta yavuze ko ikipe ye yasaga n’ijagaraye, gusa ashimangira ko afite icyizere cyo kuzatsindira Villarreal mu Bwongereza akayisezerera.

Mu gihe Arsenal yarimo itsindirwa muri Espagne, Manchester United ku rundi ruhande yo yatsindaga itababariye AS Roma yo mu Butaliyani ibitego 6-2.

Ni Roma yarangije igice cya mbere cy’umukino ifite ibitego 2-1, gusa inanirwa gucunga igice cya kabiri cy’umukino yatsindiwemo ibitego bitanu.

Bruno Fernandes ni we wari wafunguriye Manchester amazamu ku munota wa 9, gusa Roma ikishyura nyuma y’iminota itandatu biciye kuri Penaliti ya Lorenzo Pellegrini, mbere y’uko Edin Dzeko ayitsindira igitego cya kabiri ku munota wa 33.

Manchester United yari yariye karungu mu gice cya kabiri cy’umukino, yishyuye ku munota wa 48 ibifashijwemo n’umunya-Uruguay Edinson Cavani wahise wongera kunyeganyeza inshundura ku munota wa 64.

Bruno Fernandes yatsindiye Manchester igitego cya Kane kuri Penaliti yo ku munota wa 71, Paul Pogba atsinda icya gatanu nyuma y’iminota ine, mbere y’uko Mason Greenwood atsinda agashinguracumu ku munota wa 86.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *