Iran yihimuye ku bitero bya Israel na Amerika

240910 iran fateh missile mn 1230 fcef1f

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran, kuri uyu wa Gatandatu na yo yagabye ibitero mu bice bitandukanye mu rwego rwo kwihimura. Ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko igisirikare cya Iran cyarashe ‘missile ballistique’ ndetse kigaba ibitero bya drone ku butaka bwa Israel, mu rwego rwo kuyihimuraho. Igisirikare cya Israel (IDF) […]

Icyo Trump avuga ku bitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran

hik4je68 donald

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibitero bihuriweho Amerika na Israel bagabye kuri Iran bigamije “kurandura ibyago byihutirwa” biva mu butegetsi bwa kiriya gihugu. Trump mu kiganiro yahaye abanyamakuru, yagize ati: “Hashize umwanya muto ingabo za Amerika zitangije igikorwa gikomeye cyo kurwana muri Iran. Intego yacu ni ugukingira abaturage ba […]

Israel yongeye kugaba ibitero kuri Iran

5000

Kuri uyu wa Gatandatu, Israel yatangaje ko yagabye igitero cya gisirikare yise ko cyari icyo kwirinda mbere (pre-emptive strike) ku hantu hafitanye isano n’ibikorwa bya gisirikare n’ibikorwaremezo by’ingenzi bya Iran, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye. Ibisasu n’iturika rikomeye byumvikanye mu murwa mukuru wa Iran, Tehran, mu gitondo cya kare, aho ibitangazamakuru bya Leta ya Iran […]

Umuti wa Green Party ku kibazo cy’ibiryo by’amatungo bikomeje gutumbagira

IMG 20260227 WA0002

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rirateganya guha aborozi amahugurwa y’uko bajya bikorera ibiryo by’amatungo, mu rwego rwo guhangana n’igiciro cyabyo kiri hejuru. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwabitangarije mu karere ka Gakenke, ahabereye ahatangiwe amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere. Mu byo bahuguwemo harimo uko bakora imishinga iciriritse, irimo iy’ubuhinzi n’ubworozi. Umurwanashyaka […]

M23 yishe Colonel Ukwishaka wari mu bayobozi bakuru ba FDLR

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zishe Colonel Ukwishaka Nouvelle wari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa FDLR. Colonel Ukwishaka wari uzwi nka Mwenesikare, yari asanzwe ashinzwe igenamigambi muri FDLR. Amakuru avuga ko Ukwishaka yiciwe muri Teritwari ya Masisi hakomeje kubera imirwano ikomeye hagati ya […]

Trump yahaye ishimwe umupilote wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Maduro

im 16462393

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yambitse umudali w’ishimwe umupilote wa kajugujugu ya gisirikare wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Nicolas Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela. Warrant Officer 5 Eric Slover w’imyaka 45 y’amavuko, yambitswe uriya mudali ubwo Trump yagezaga ku Banyamerika ijambo ngarukamwaka rizwi nka the State of the Union. Trump […]

Lt. Col Willy Ngoma yaba yamaze gushyingurwa mu ishyamba

20260227 095440

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo aravuga ko Lt. Col Willy Ngoma yamaze gushyingurwa mu mashyamba yo muri Masisi, mu gihe abakunzi be bari biteze ko ashobora gushyingurwa mu cyubahiro. Bivugwa ko Ngoma yashyinguwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru, nyuma y’umunsi umwe yiciwe mu gitero cya drone cyagabwe muri Teritwari ya Masisi. Umunyamakuru Pero Luwara […]

Telefoni yaturutse i Kigali yaburijemo ibihano bya Amerika ku Rwanda

g7wrumexwaahs37 64424

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika byahagaritse gahunda yo gufatira u Rwanda ibihano, nyuma y’ubuvugizi bwakozwe na Senateri Lindsey Graham w’umunyamerika. The Wall Street Journal yanditse ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yahamagaye Senateri Graham amusaba ubufasha bwo guhagarika umugambi wa White House wo gufatira u Rwanda ibihano. […]

Andi makuru ku gitero cya drone cyahitanye Lt. Col Willy Ngoma na bagenzi be

20260225 225351

Amakuru mashya aravuga ko abantu 18 ari bo bapfanye na Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe wa AFC/M23, nyuma yo kugabwaho igitero cya drone n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatatu Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza byari byatangaje ko byahawe amakuru y’uko abantu icyenda ari bo baguye muri […]

Gen. Dagvin Anderson wa Amerika kwa Tshisekedi

Screenshot 20260226

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Gashyantare byitezwe ko ahura akanagirana ibiganiro na Gen. Dagvin Anderson wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gen. Dagvin asanzwe ari umuyobozi w’ingabo za Amerika zikorera muri Afurika (AFRICOM). Amakuru avuga ko mu byo ari buganireho na Tshisekedi, […]

M23 yisubije uduce 5 yari yambuwe muri Masisi

20260226 090625

Umutwe wa AFC/M23 wisubije uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC ryaherukaga kutwigarurira. Amakuru atandukanye aremeza ko uduce AFC/M23 yisubije turimo Kasenyi, Luke, Katobotobo, Kaniro na Kazinga. Ku wa Gatatu bwo AFC/M23 yari yisubije agace ka Kasenyi. Utu […]

AFC/M23 yunamiye Lt. Col Willy Ngoma

Screenshot 20260224

Umutwe wa AFC/M23 biciye muri Benjamin Mbonimpa usanzwe ari umunyamabanga uhoraho wawo, wunamiye Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi w’igisirikare cyawo, umugaragaza nk’umusirikare w’intwari uzahora azirikanwa. Mbonimpa abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Intwari ntizigera zipfa. Ni abakundwa bacu. Wari Ofisiye w’intwari ndetse n’umunyarugwiro, tuzakomeza kukuzirikana mu mitima yacu. Udusuhurize intwari zacu […]

Drone yarashe Lt. Col Willy Ngoma yishe abantu 9, Gen. Makenga ararusimbuka

Abantu icyenda (9) ni bo byamenyekanye ko baguye mu gitero cya drone cyishe uwari umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma; gusa Umugaba Mukuru w’Ingabo z’uriya mutwe, Gen. Sultani Makenga yashoboye kukirokoka. Ni amakuru Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza dukesha iyi nkuru byahawe n’amasoko ane. Mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki ya 24 […]

Macron na Tshisekedi baneguye u Rwanda

20260225 171757

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa kuri uyu wa Gatatu yakiriye mu biro bye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bagirana ibiganiro byagarutse ku Rwanda. Perezidansi ya Congo Kinshasa ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X rwahoze rwitwa Twitter, yatangaje ko ibiganiro bya Macron na Tshisekedi “byongeye gushimangira ubushake bw’u Bufaransa bwo kubahiriza ubusugire bw’imbibi […]

Nyuma y’urupfu rwa Lt. Col Willy Ngoma, AFC/M23 yikomye amahanga

rss efe08022e3c33bc6ef2a2d36835039921e8c75e1480w

Umutwe wa AFC/M23 wikomye amahanga akomeje kutagira ikintu na kimwe ku bitero bikomeye ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kuwugabaho, mu gihe wo iyo ufashe icyemezo cyo kwirwanaho birangira wamaganiwe kure. Uyu mutwe wanenze guceceka k’umuryango mpuzamahanga biciye muri Perezida wayo akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Bertrand Bisimwa. Yanditse […]

Barafinda na bagenzi be boherejwe i Mageragere

gova8h2xoaaaljr 2 b0f5d e27e7

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare, rwakatiye abarimo Barafinda Sekikubo Fred, Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na bagenzi babo gufungirwa muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo. Mu cyumweru gishize ni bwo Barafinda na bagenzi be bari baburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ku byaha […]

Trump yongeye kuvuga ko yahagaritse intambara yo muri RDC mu gihe ibintu byahinduye isura

P202512004DT 0266

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere yongeye gutangaza ko yahagaritse intambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe imirwano ingabo z’iki gihugu zirwanamo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 yahinduye isura. Trump mu ijambo rizwi nka ‘state of the union’ yagejeje ku Banyamerika, yavuze ko mu gihe […]

Angola yaba yamaze kohereza ingabo na za Sukhoi muri RDC

Sukhoi Su 22UM3 angolais

Leta ya Angola biravugwa ko yamaze kohereza mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare n’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi, mu rwego rwo gufasha ingabo za kiriya gihugu mu ntambara zirwanamo n’umutwe wa AFC/M23. The Great Lakes Observer ivuga ko ku wa 18 Gashyantare 2026, ari bwo Angola yohereje abasirikare bagera kuri […]

Lt. Col Willy Ngoma wa M23 yishwe

Lieutenant-Colonel Willy Ngoma wari umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa AFC/M23, yishwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Lt. Col Willy Ngoma yiciwe mu gitero cya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa zagabye ku modoka zari zitwaye intumwa za AFC/M23, mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya […]

U Bubiligi bwisobanuye ku ruzinduko rwa Hadja Lahbib i Goma rwarikoroje mu Banyaburayi

20260224 115620

Guverinoma y’u Bubiligi yasobanuye ko uruzinduko rwa Madamu Hadja Lahbib mu mujyi wa Goma rutari rugamije kwemeza umutwe wa AFC/M23 uwugenzura nk’uwemewe n’amategeko. U Bubiligi bwatanze ibi bisobanuro, nyuma yo kotswa igitutu n’abanyaburayi. Mu cyumweru gishize ni bwo Hadja Lahbib usanzwe ari Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi yagiriye uruzinduko mu mujyi […]

Umusanzu wa Mituweli watumbagiye

mituweli 2

teka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho ingano n’uburyo bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza ryasohotse ku wa 16 Gashyantare 2026, rigaragaza ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza uzwi nka ‘Mituelle de Santé’ wiyongereye. Iri teka ryerekana ko umusanzu ku bantu bari mu rwego rwa mbere rw’imibereho wageze kuri 4,000 Frw, na ho amafaranga menshi azatangwa akaba Frw […]

Tshisekedi kwa Macron ‘gutakamba ngo u Rwanda rufatirwe ibihano’

20260224 074832

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe i Paris mu Bufaransa aho agomba kujyanwa na gahunda zirimo gutakambira mugenzi we Emmanuel Macron kugira ngo amufashe gufatira u Rwanda ibihano. Tshisekedi ari i Burayi kuva mu mpera z’icyumweru gishize, aho ku wa Gatandatu yagiye mu Bubiligi mu ibanga, mu rwego rwo kwivuza […]

Drone za FARDC zaramutse zirasa imvura y’amabombe mu Rubaya

1771908302948

Umutwe wa AFC/M23 urashinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero bya drone muri Rubaya, agace ko muri Teritwari ya Masisi gakungahaye ku mabuye y’agaciro. Kuva ku wa Mbere tariki ya 23 ibice bikikije Rubaya byabaye isibaniro ry’imirwano ikomeye, nyuma yo kugabwamo ibitero by’ingabo za Leta ya RDC zifatanyije n’abarwanyi b’imutwe ya Wazalendo […]

Imyenda yacu yuzuyemo inda, dushobora kurwara ‘typhus’: Abasirikare ba FDNB bari muri RDC

bdi burundi iscam 000 05092025 fdnb

Abasirikare u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bafite ubwoba bwo kurwara indwara ya ‘Typhus’ ikomoka ku nda, kubera kutitabwaho. Mu Ukuboza umwaka ushize u Burundi bwacyuye zimwe mu ngabo bwari bufite mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyo bwise “kubahiriza amasezerano ya Washington”, ariko buza gusiga mu mujyi wa […]

Uvira: U Burundi bwongeye gufungura umupaka

gatumb 7f100

U Burundi kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare, bwongeye gufungura umupaka wa Gatumba-Kavimvira, nyuma y’amezi abiri bwarawufunze. Leta y’u Burundi yari yarafunze uyu mupaka mu Ukuboza 2025, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira wa kabiri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi wa serivisi z’abinjira n’abasohoka […]

Lague wa Police FC yatawe muri yombi na Polisi

20260223 124220

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira ikipe ya Police FC, amaze iminsi afunzwe nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Mu ijoro ryo Ku wa Kane w’icyumwe gishize ni bwo uyu mukinnyi yafashwe n’ishami rya Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Amakuru avuga ko ubwo abapolisi bamufataga yabanje kubasagararira yitwaje kuba ari umukinnyi […]

Tshisekedi mu myiteguro yo kwakira abarimo Kayumba Nyamwasa i Kinshasa

GridArt 20260223 113151532

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko ari mu myiteguro yo kwakira i Kinshasa abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Iby’uyu mugambi byatangajwe n’umunye-Congo Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bw’i Kinshasa. Uyu mugabo usanzwe aba mu […]

Mukura VS irashinja umusifuzi Uwikunda Samuel kwibira Rayon Sports

20260223 095425

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs biciye mu mutoza wayo, Nshimiyimana Canisius, yatangaje ko yatsinzwe na Rayon Sports kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi Uwikunda Samuel. Ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 21 wa shampiyona y’icyiciro cya […]

Me Nyarugabo yahase ibibazo abarimo Amerika, Qatar na Ndayishimiye

banyamurenge adee7

Me Nyarugabo Moïse wigeze kuba umusenateri na Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabajije abahuza mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo impamvu bakomeje kuruca bakarumira ku mabi ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera mu misozi miremire. Ni nyuma y’uko izo ngabo […]

U Rwanda, Amerika na Israel byahuriye mu nama y’umutekano

Image from iOS 22 e1771518356388 640x400 1

U Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel n’ibindi bihugu bya Afurika, muri iki cyumweru byahuriye mu nama y’umutekano yabereye i Kigali. Iyi nama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare, yari ifite insanganyamatsiko yiswe iyo “guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel, Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati bushya.” Abayiteguye babwiye The Times of Israel […]

Ndayishimiye yirukanye burundu Colonel wibye umuceri w’abasirikare

1771675308029 1

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yirukanye burundu Colonel Gérard Nijimbere muri Polisi ya kiriya gihugu amuhora kwiba umuceri ugenewe abasirikare. Iteka ryirukana burundu Colonel Nijimbere azira “kwiba umuceri ugenewe abasirikare”, ryasohowe na Perezida Evariste Ndayishimiye ku wa 19 Gashyantare 2026. Uyu mupolisi yirukanwe muri Polisi y’u Burundi, nyuma y’iminsi abasirikare b’u Burundi by’umwihariko abo muri […]

Capitaine Ndayishemeze wa FDNB yishwe na M23/Twirwaneho

1771668506441 2

Capitaine Eraste Ndayishemeze wo mu ngabo z’u Burundi (FDNB), yiciwe mu mirwano yasakiranyije ingabo z’u Burundi n’imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23. Uyu ofisiye yishwe ku wa Kane w’iki cyumweru, agwa mu gace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo z’u Burundi zari zagabye igitero. Ni imirwano amakuru […]

M23 yarekuye abasirikare 230 ba FARDC bari bamaze igihe mu maboko yayo

IMG 4678

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warekuye abasirikare 230 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bari bamaze igihe mu maboko yawo, kugira ngo bashyikirizwe imiryango yawo. Ku wa Gatanu tariki ya 30 ni bwo uriya mutwe washyikirije abo basirikare Komiseri w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe kwitegura no gucunga ibiza; ndetse n’uburinganire. Madamu […]

Uyu munsi twarashe Drone zirenga 50: Col. Rugabo wa Twirwaneho

Screenshot 20260220

Umutwe wa Twirwaneho uravuga ko ufatanyije na AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare barashe drone zirenga zirenga 30 z’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’imirwano yiriwe isakiranya impande zombi mu bice by’imisozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko kuri uyu wa […]

U Rwanda ntirushyigikiye ko Ndayishimiye yaba umuhuza mu bibazo bya RDC

ndyaishi d7326

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi uheruka guhabwa inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yaba umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera uruhare igihugu cye gifite mu ntambara iri kuhabera. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro we na Komiseri […]

Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago

eyhmko5xsaa 9114 a8763 48cb7

Umunyezamu Kimenyi Yves wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yahagaritse gukina umupira w’amaguru. Kimenyi w’imyaka 33 y’amavuko, yemeje ko yafashe kiriya cyemezo biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu. Yagize ati: “Muryango mugari w’Umupira w’Amaguru, mfashe uyu mwanya ngo mbamenyeshe ku mugaragaro ko nsezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.” Kimenyi […]

Ubwicanyi bwa FARDC, FDLR na FDNB ku baturage: AFC/M23 yamaganye guceceka kw’amahanga

G68A2425copy 1024x683 1

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye amahanga akomeje kuruca akarumira ku bwicanyi ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera abaturage b’abasivile bo muri Kivu y’Amajyepfo. Ni nyuma y’ubwicanyi bushya ririya huriro rigizwe n’ingabo za RDC (FARDC), iz’u Burundi (FDNB), umutwe w’iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, bakoreye abantu benshi bo mu bice […]

Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC muri ‘misiyo y’ibanga’ kwa Ndayishimiye

img 20250106 wa0913

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Gén. Banza Jules Mwirambwe, ku wa Kane tariki ya 19 Gashyantare yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Burundi. Amakuru y’uruzinduko rw’uyu musirikare i Bujumbura, yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bwa Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko Lt Gen. Banza Jules […]

Col. Sumanyi Charles Sumanyi yarahiye

IMG 20260219 WA0004

Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gashyantare, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yayoboye umuhango w’irahira rya Col Charles Sumanyi ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare. Colonel Sumanyi yarahiriye ziriya nshingano, nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 28 Mutarama 2026. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yasabye Col Sumanyi kuzarangwa n’ubunyangamugayo, yirinda gukoresha ububasha […]

Ubutasi bwa Kenya bwahishuye umubare w’abaturage bayo bari mu ntambara yo muri Ukraine

20260219 105322

Ubutasi bwa Kenya bwahishuye ko abaturage 1,000 b’iki gihugu ari bo bari kurwana intambara y’u Burusiya na Ukraine. Bikubiye muri raporo Urwego rushinzwe ubutasi bwa Kenya (NIS) rwagejeje ku nteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu. Iyo raporo ivuga ko abenshi mu banya-Kenya bisanze muri iriya ntambara, nyuma yo gushukwa bakisanga basinye amasezerano ya gisirikare. Amaperereza […]

Minisitiri Biruta yasuye ikigo ‘special forces’ za Misiri zikoreramo imyitozo

20260219 071509

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, ku wa Gatatu yasuye ikigo cy’igihugu cya Misiri gishinzwe gutanga imyitozo ku mitwe y’Ingabo zihariye za kiriya gihugu. Ambasade y’u Rwanda mu Misiri ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko Minisitiri Dr. Biruta n’itsinda bari kumwe, basuye amashami atandukanye y’icyo kigo, atangirwamo amahugurwa agezweho kandi y’umwuga […]

RDC yahaye Amerika ikirombe cyo mu matware ya M23

72341

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye ikirombe gicukurwamo Coltan cya Rubaya ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi iri guha Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rw’ubufatanye mu by’amabuye y’agaciro bw’ibihugu byombi. Ikirombe cya Rubaya cya mbere gicukurwamo Coltan nyinshi ku Isi, kimaze imyaka ibiri kiri mu maboko ya M23. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko […]

Bugesera: Hahishuwe ubwoko bw’uburozi bwari muri kanyanga yishe abantu 17

Kanyanga yafatanwe abanyeshuli ba COSTE Hanika

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol. Abantu bapfuye nyuma yo kunywera kanyanga mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera. Ubushinjacyaha buvuga […]

Uwabaye Visi-Perezida w’u Burundi ntakozwa ibyo gusaba u Rwanda kuvanaho ingamba z’ubwirinzi

hq720

Gaston Sindimwo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi, yatangaje ko atumva impamvu u Rwanda rumaze igihe rusabwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe, nyamara rugaragaza impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa. Uyu mugabo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi hagati ya 2015 na 2020 ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Chaîne ya YouTube yitwa Africa TV. […]

Kenya na yo yatangiye guhiga Umurusiya wifashe amashusho asambana n’abagore baho

3837b4f86a9b5510

Leta ya Kenya yasohoye impapuro zo guta muri yombi umugabo w’Umurusiya, nyuma yo kwifata amashusho asambana n’abagore bo muri kiriya gihugu akayashyira ku karubanda. Uyu mugabo wahawe akabyiniriro ka ‘Balthazar w’Umurusiya’,  agenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho akoresheje amadarubindi ye. Minisiteri y’Uburinganire, Umuco n’Imibereho Myiza y’Abana muri Kenya, […]

Burera: RIB yahishuriye abaturage amayeri yifashishwa n’abacuruza abantu

20260217 202725

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye gukora ubukangurambaga mu baturage bo mu turere twegereye imipaka, mu rwego rwo kubasonurira uruhare rwabo mu kwirinda icyaha cy’ijuruzwa ry’abantu. Ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare ubwo bukangurambaga bwakorewe mu karere ka Burera, mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri na none bukomereza muri aka karere ko mu ntara y’amajyaruguru. […]

M23 na Twirwaneho bisubije Point-Zéro

20260217 145059

Umutwe wa M23 ufatanyije n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 bigaruriye agace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 na Twirwaneho bigaruriye aka gace, nyuma y’ibyumweru bibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryigaruriye kariya kariya gace. AFC/M23 yigaruriye kariya gace nyuma […]

U Bufaransa bwavuze ku basirikare babwo bagaragaye i Kisangani

20260217 122360

Leta y’u Bufaransa yasobanuye ko abasirikare bo mu ngabo za kiriya gihugu bagaragaye i Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari aboherejwe gutoza ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biciye mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi. Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amafoto y’abasirikare b’Abafaransa bari mu mujyi wa […]

Igisubizo cy’umujyanama wa Trump ku munyamakuru wamubajije niba Amerika izahana P. Kagame

20260217 095652

Umujyanama wa Perezida Donald Trump ku bibazo birebana na Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko adashobora kwemeza niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizafatira ibihano Perezida Paul Kagame, kuko nta makuru abifiteho. Yasubizaga umunyamakuru Marc Pellerman wa Televiziyo ya France 24 wari umubajije niba Washington iteganya gufatira ibihano Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ishinja “kwica mu buryo […]

Twirwaneho na M23 barashe drone 3 za FARDC n’abambari bayo

IMG 20260216 WA00052

Imitwe ya  Twirwaneho na AFC/M23, kuri uyu wa Mbere yahanuye drone eshatu za Kamikaze z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’uko hari hashize iminsi itatu  nta mirwano ikomeye ihuza impande zombi. Kuri uyu wa Mbere imirwano yabereye mu gace ka Point-Zero ho muri Teritwari ya Fizi, […]

Ndayishimiye yasasiwe ibitenge n’abaturage ubwo yageraga i Bujumbura

9aabf38f f3e2 4b05 8361 38e6e45295e5.jpg

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yasasiwe ibitenge n’abaturage be ubwo yageraga i Bujumbura akubutse i Addis-Abeba muri Ethiopie. Uyu mugabo yakiriwe mu cyubahiro nyuma y’uko mu cyumweru gushize yahawe inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Mbere yo kugera i Bujumbura, mu mihanda yo muri uyu mujyi abaturage baje kumwakira bari benshi, nyuma y’ubukangurambaga […]

Rugaju Reagan yasabye imbabazi nyuma yo kwandagaza Lorenzo

GridArt 20260216 140022326

Umunyamakuru Ndayishimiye Rugaju Reagan, yasabye imbabazi nyuma yo kotswa igitutu n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kubera amagambo atarakiriwe neza yatangaje kuri Lorenzo Musangamfura Christian bahoze bakorana. Rugaju abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko ibyo yavuze yabitewe n’uburakari ndetse n’ibyo na we yari yatangajweho. Yagize ati: “Muraho! Niseguye ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga! Mu by’ukuri […]

Rubavu: Inkongi ikomeye y’umuriro yibasiye kuri ‘La Bamba’

20260216 131153

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare, Inkongi y’umuriro yibasiye ahazwi nko kuri La Bamba mu mujyi wa Gisenyi, itwika inyubako y’ubucuruzi y’uwitwa Ntawangwanabose Theogène. Iyi nkongi yabereye mu mudugudu wa Irakiza, akagari ka Bugoyi, mu murenge wa Gisenyi w’akarere ka Rubavu. Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi buvuga ko iriya nzu yatangiye […]

Uganda: Jenerali akanaba Minisitiri yavuze ko adashaka ko Gen. Muhoozi aba Perezida

GridArt 20260216 111041347

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Uganda, Maj. Gen (Rtd) Kahinda Otafiire, yatangaje ko nta rwango afitiye Gen. Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu, ariko ashimangira ko adashaka ko aba Perezida wacyo. Uyu Jenerali mu mashusho ye yashyizwe hanze yumvikanye abwira abari kumwe na we ati: “Kainerugaba nk’umuntu simwanga. Icyo ntashaka ni uko […]

Ingamba Ndayishimiye afite mu kurangiza intambara yo muri RDC

20260216 84309

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga umusanzu mu rwego rwo gucecekesha intwaro ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ndayishimiye yatanze iryo sezerano ku Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, nyuma y’umunsi umwe ashyikirijwe inshingano zo kuba Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Uyu mugabo yatanze iryo […]

‘Balthazar’ w’Umurusiya ari guhigishwa uruhindu nyuma y’igihe asambanya Abanyafurikakazi

3837b4f86a9b5510

Umugabo w’Umuruziya wahawe akabyiniriro ka ‘balthazar’ nyuma yo kugenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho, ari guhigishwa uruhindu. Polisi ya Ghana ivuga ko uyu mugabo yashyiriweho impapuro zimuta muri yombi, kubera ibyaha byo gufata amashusho bamwe mu bagore n’abakobwa yakoreye muri iki gihugu. Amakuru avuga ko uyu mugabo akunze […]

Ndayishimiye yatangiye kuyobora AU

20260214 134341

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare yatangiye inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ni inshingano yasimbuyeho Perezida João Lourenço wa Angola wari umaze umwaka ayobora uriya muryango. Aba bombi bahererekanyije ububasha kuri uyu wa Gatandatu, mu nama ya 39 y’abakuru b’ibihugu bigize AU yabereye i Addis-Abeba […]

M23 yavuye mu gace yari imaze amezi 3 yarirukanyemo Wazalendo

IMG 20250319 WA0062 1

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare zavuye mu birindiro bya Buhaya, nyuma y’amezi atatu zibyirukanyemo abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo. Buhaya ni umusozi w’ingenzi witegeye agace ka Katobi, ukaba uherereye mu bilometero bibarirwa muri 15 uvuye mu mujyi wa Pinga uherereye muri Teritwari ya Walikale. Mu Ugushyingo 2025 ni bwo AFC/M23 […]