Trump yasezeranyije kuzaha ‘Green Card’ buri munyamahanga wasoreje amashuri muri Amerika n’atorwa
Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko azahita atanga amakarita azwi nka ‘Green Card’yemerera abanyamahanga barangije kaminuza zo muri Amerika kuhatura mu gihe yaba yongeye gutorwa. Ku wa kane, mu kiganiro yakoreye kuri ‘podcast’ yagiranye n’abashoramari mu yb’ikoranabuhanga rya Silicon Valley, Trump yasezeranyije umuntu wese urangije mu makaminuza yo […]
Afurika yemerewe inkunga ya miriyari 1.2$ yo kwifashisha mu gukora inkingo zo guhangana n’ibyorezo byitezwe
Ejo kuwa kane, abayobozi bakomeye ku isi, amatsinda ashinzwe ubuzima, n’ibigo bikorerwamo ibya farumasi batangaje inkunga ingana na miliyari 1,2 y’amadorali mu gufasha Afurika gukora inkingo. Ni inama yabereye mu Bufaransa i Paris aho yibanze ku gushaka uko Afurika yakwihaza ku nganda zikora inkingo. Icyorezo cya Covid-19 cyagaragaje ubusumbane buri ku isi mu kubona inkingo, […]
Centrafrica: Ingabo z’u Rwanda zambitswe imidari

Abasirikare b’u Rwanda babungabunga amahoro muri Santirafurika mu butumwa bwa (MINUSCA), bashimiwe bambikwa imidali ku bw’ubunyamwuga n’imyitwarire myiza bagaragaje mu kugarura amahoro muri iki gihugu. Ingabo z’u Rwanda zashimiwe ni izibarizwa mu Itsinda rya Rwabat-2.Iki gikorwa cyabereye aho izi ngabo zikambitse mu Gace ka Bossembélé muri Perefegitura ya Ombella-M’Poko. Cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye za […]
Twiteguye kurwana na RDC mu gihe byaba bibaye ngombwa: Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kujya mu ntambara na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe iki gihugu cyaba kirushojeho intambara nk’uko abarimo Perezida wacyo bamaze igihe babyigamba. Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umunyamakuru Marc Pelerman wa Televiziyo ya France 24. Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ibikomeje kubera mu […]
Afurika y’Epfo: Umudepite yirukanwe mu ishyaka azira gukangurira abazungu kwica abirabura
Umudepite mu Inteko Ishinga amategeko muri Afurika y’epfo witwa Renaldo Gouws , yahagaritswe n’ishyaka rye, “Democratic Alliance” (DA), nyuma y’amashusho yagaragaye kuri interineti avuga amagambo y’ivanguramoko akorerwa abirabura. Byamenyekanye ko uyu mudepite yirukanwe nyuma y’itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iri shyaka rye (DA) ku wa kane rivuga ko amashusho yagaragaye Gouws yibasira abirabura ari aye ariko we […]
Impuguke za Loni zirashinja RDF kongera ingabo n’ibikoresho muri Congo
Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zashinje u Rwanda kongera umubare w’ingabo zarwo ndetse n’uw’ibikoresho bya gisirikare mu burasirazuba bwa kiriya gihugu, aho FARDC ikomeje kurwanira n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Ni raporo kugeza ubu izi mpuguke zitarashyikiriza Loni ariko ibikubiyemo byamaze gushyirwa ku karubanda. Izi mpuguke inshuro nyinshi zakunze gushimangira […]
Kenya: Polisi yateye ibyuka biryana mu maso muri bus yari itwaye abagenzi biteza impagarara
Abapolisi i Nairobi bateye ibyuka biryana mu maso muri Bus yari itwaye abagenzi nyuma y’imyigaragambyo yo kwamagana umushinga w’itegeko ryo kuzamura imisoro. Bus yatewemo ibi byuka ni i ya sosiyete ya Super Metro ahazwi nka Moi Avenue hafi y’inzu y’imikino ya Nairobi. Ubuyobozi bwa Super Metro bubinyujije ku rukuta rwa X bwamaganye icyo gikorwa ariko […]
Abadiyasipora bamaze kwiyandikisha kuri list y’itora bikubye hafi gatatu ugereranyije n’abatoye mu 2017
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko abanyarwanda bari hanze y’Igihugu barenga ibihumbi 62 bamaze kwiyandikisha kuzatora taliki 14 bavuye ku bihumbi 22 baherutse gutora mu matora aherutse ya 2017. Aya matora akazabera mu bihugu bigera kuri 70 ku bufatanye na za ambasade. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri cyabaye kuri uyu wa Kane taliki 20 Kamena 2024,NEC yavuze […]
2024: Raporo ya NISR yagaragaje uko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse mu gihembwe cya mbere
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereyeho 9.7% mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2024. Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko uku kuzamuka biterwa n’imikorere myiza y’inganda na serivisi. Urwego rw’ubuhinzi rwerekanye ubwiyongere bwa 7%, aho umusaruro w’ibiribwa wiyongereyeho 8% bitewe n’isarura ryagenze neza mu gihembwe cya A cyo mu 2024. Umusaruro w’ibigori wiyongereyeho 30%, hakurikiraho kwiyongera 18% by’ibishyimbo. […]
Putin yageze muri Vietnam nyuma yo kuva muri Korea ya Ruguru
Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, yageze mu murwa mukuru wa Vietnam Hanoi kuri uyu wa Kane nyuma y’uko asoje urwo yakoreye muri Korea ya Ruguru.Uru rugendo rusobanurwa nk’ikigaragaza inkunga ya diplomasi Uburusiya bugifite muri ako karere. Umubano wa Vietnam n’Uburusiya ni nta makemwa kuva mu myaka myinshi ishize, by’umwihariko mu mikoranire mu bya gisirikare, ubukungu ndetse […]
Huzuye uruganda ruzajya rubyaza umusaruro ibishigwe bijyanwa mu kimoteri cya Nduba
Mu Karere ka Gasabo aho ikimoteri cya Nduba giherereye, huzuye uruganda ruzajya rubyaza umusaruro imyanda ihajugunywa aho kuba umutwaro ku bahaturiye n’ikorere muri rusange. Abafite mu nshingano uru ruganda bavuga ko biteganyijwe ko nibura ruzajya rutunganya Toni eshanu z’ifumbire y’imborera ku munsi.Ni umushinga umaze gutwara Miliyari zisaga 4. Ibi bishingwe bizajya bibanza kuvangurwa kugirango habeho […]
Ese byagenda bite umuntu ariye isombe idahiye neza? Dore akamaro kayo mu mubiri w’umuntu
Isombe ni ikiribwa cyo mu bwoko bw’imboga gikundwa cyane ,ibi bigaterwa n’intungamubiri nyinshi tuyisangamo bituma igirira umubiri wacu akamaro karimo gutuma umubyeyi abona amashereka ,kuvura indwara z’imirire mibi ,kondora uwari umaze iminsi arwaye n’ibindi. Mu guteka isombe bisaba ko hongerwamo ibirungo bitandukanye kugira ngo irusheho kuryoha no kugira intungamubiri nyinshi. Isombe kandi bisaba ko itekwa […]
Polisi yarashe ibisambo bitanu byari byarayogoje abaturage hasigara 37 bagishakishwa
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, abapolisi ba Migori muri Kenya barashe abantu batanu bakekwaho kuba mu gatsiko k’ibisambo nyuma yo kubashakisha iminsi. Amakuru aturuka muri polisi, avuga ko aba bakekwa kuba bari inyuma y’ibyaha byinshi muri Migori no mu ntara zituranye kandi ko bari mu itsinda ry’abantu 42 bahigwa. Ben Aliwa, umuyobozi mukuru […]
Tshisekedi arimo kubarizwa muri Afurika y’Epfo ku butumire bwa Ramaphosa
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri Perezida Félix Tshisekedi yageze muri Afurika y’Epfo aho yitabiriye umuhango wirahira rya mugenzi we Ramapfoza riteganyijwe , kuri uyu wa gatatu, tariki ya 19 Kamena i Pretoria. Uyu munyapolitiki wari umaze imyaka itanu ayobora Afurika y’Epfo atowe nyuma y’amasaha make ANC (African National Congress) yihuje na DA (Democratic […]
Museveni na Kagame bari kumwe natwe twafata Kinshasa mu mezi 2: Bisimwa
Umuhuzabikorwa wungirije w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, Bertrand Bushinwa, avuga ko Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni babaye babafasha nk’uko Leta ya RDC n’abayoshyigikiye babivuga; ubutegetsi bw’i Kinshasa bwakurwaho mu mezi abiri gusa. Bisimwa yabitangaje mu mpera z’umwaka ushize, ubwo yari i Bunagana mu kiganiro cyahuje cyahuje ubuyobozi bwa M23 n’abanyamakuru. Uyu […]
Sosiyete sivili yashyize ahabona imibare ya Wazalendo baherutse kwicwa na FARDC
Imirwano ya Wazalendo na FARDC, yaguyemo abagera kuri batandatu mu ntangiro z’iki Cyumweru.Sosiyete sivile yo muri Beni ivuga ko aba barwanyi ba Wazalendo bagabye igitero cyagabwe ku birindiro by’ingabo za FARDC maze hapfa abagera kuri batandatu. Sosiyete sivile yo muri aka gace ikomeza ivuga ko nta mibare y’ingabo za FARDC izwi muri iri rasana iratangazwa […]
Kenya: Ba komanda bo muri Haiti baje kwirebera aho Gahunda yo kuboherereza abapolisi 1000 igeze
Ku wa kabiri, itsinda ry’abayobozi ba polisi bo muri Hayiti bahuye n’umuyobozi mukuru wa polisi ya Kenya ngo bakurikirane aho gahunda yo kuboherereza abapolisi igeze. Kenya yiteguye kuyobora ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye ku bufatanye n’abapolisi baturutse mu bihugu bitandukanye kugira ngo barwanye ihohoterwa ry’agatsiko muri Haiti kahitanye ibihumbi n’ibihumbi abandi barenga 360.000 bakaba barahunze ingo zabo. […]
RDC: Minisitiri wa mbere yeguye nyuma y’icyumweru kimwe arahiye
Stéphanie Mbombo Muamba wari umwe mu baminisitiri bagize Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mirimo ye nyuma y’icyumweru kimwe arahiye. Muamba yari asanzwe ari Minisitiri uhagarariye Minisitiri w’Ibidukikije n’Iterambere Rirambye, akaba yari ashinzwe kubungabunga ubukungu bushingiye ku bidukikije. Ku wa 29 Gicurasi ni bwo yari yahawe izo nshingano na Perezida Félix Antoine […]
Kenya: Imyigaragambyo yatumye Leta yisubira ku misoro yagombaga kuzamurwa
Leta ya Kenya, yahagaritse gahunda yo kuzamura imisoro n’amahoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe nkenerwa bya buri munsi. Mu byari kuzamurirwa umusoro, harimo amavuta n’isukari. Ikindi cyari cyaraje ishinga abaturage n’uburyo umusoro w’ivunjisha wari kuzamurwa ku kigero cya 16%. Ni mu gihe amatagisi akoreshwa mu kazi imisoro yari kwiyongeraho kugera ku bice 2.5 % nayo […]
Hategujwe impinduka mu mikoreshereze y’ikinyarwanda mu itangazamakuru
Nyuma y’aho umukuru w’Igihugu anengeye imikoreshereze y’ikinyarwanda itanoze mu bitangazamakuru bimwe, Urwego rw’itangazamakuru rwigenzura RMC, ruvuga ko hari politiki z’itangazamakuru zigiye guhinduka. Ni nyuma y’uko kenshi abanyamakuru cyane cyane abakoresha amajwi, amashusho n’inyandiko, bakunze gushinjwa kwangiza nkana ururimi rw’Ikinyarwanda. Cyane cyane abagikoresha bakivangiramo indimi z’amahanga ndetse n’amagambo mahimbano atazwi neza inkomoko yayo azwi nka Slang, […]
Bujumbura: Ibikomoka kuri Peterori byateje ibibazo ku bigo by’amashuri
Ibigo by’amashuri bikorera mu mujyi wa Bujumbura, byasabye ababyeyi bajyaga bakoresha imodoka z’ibigo bageza abana babo ku mashuri kwirwariza kuko kubona Lisansi byabaye ingume. Ibi rero byatumye ababyeyi batandukanye batangira kwitotomba kuko ngo usanga bibagora kujyana abana babo ku mashuri. Uretse abanyeshuri bagorwa no kugera ku mashuri, abarimu na bo ngo batinda kugera ku mashuri […]
Kagame yakwennye abanyamakuru bakoze inkuru za ‘Rwanda Classified’
Perezida Kagame yahaye urw;amenyo ibitangazamakuru byihurije hamwe bigakora inkuru Leta y’u Rwanda yagaragaje nk’iziyiharabika byise ‘Rwanda Classified’, agaragaza ko abazikoze batazabuza u Rwanda gukomeza gutera imbere. Umukuru w’Igihugu yakomoje kuri ziriya nkuru ku wa Mbere tariki ya 17 Kamena, ubwo yaganiraga na RBA. Muri Gicurasi ni bwo inkuru za Rwanda Classified zinenga ubutegetsi bw’u Rwanda […]
Karongi: Umugore aravugwaho kwicisha umugabo we amugambaniye
RIB ikorera mu Karere ka Karongi, yataye muri yombi abagabo babiri bishe uwitwa Mporanyisenga Jean D’amour bikavugwa ko byakozwe ku kagambane k’umugore we nawe wahise atabwa muri yombi. Amakuru dukesha Kt nayo yahawe na gitifu w’umurenge wa Murambi, avuga ko uyu Jean D’amour yishwe akabikwa mu nzu ariko itangiye kuzamo umunuko umurambo barawimura wawujyana hepfo […]
Gen Muhoozi yategetse itabwa muri yombi rya bamwe mu basirikare n’abakozi bo mu biro bya Museveni
Military Police ya Uganda yatangiye guta muri yombi abashoferi b’igisirikare batubahiriza amategeko y’umuhanda ndetse n’abasuzugura Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda, nyuma y’itegeko ryatanzwe na Gen. Muhoozi Kainerugaba. Muhoozi asanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ku wa Mbere tariki ya 17 Kamena ni bwo Polisi ya gisirikare […]
RDC: Intara ya Nord Kivu n’iya Ituri zahejwe mu nama ya ba Guverineri yatumijweho i Kinshasa
Leta ya Congo yatumijeho ba Guverineri baherutse gutorwa kwitabira inama i Kinshasa, ariko abo muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri ntibashyirwa ku rutonde. Impamvu ngo bo batatumiwe n’uko izi ntara zavuzwe ziri mu buyobozi bwa L’état de siège. Ni inama yatumijwe na Minisitiri w’Intebe wungirije ndetse na Minisitiiri w’umutekano w’imbere mu gihugu ku cyifuzo cya Perezida […]
AU yasabye DR.Congo gukorana bya hafi n’ibihugu by’ibituranyi mu kurandura iterabwoba
Nyuma y’ubwicanyi bukomeje kuba indengakamere mu gace ka Beni bukozwe na ADF muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wamaganye ubwo bwicanyi usaba ubutegetsi bw’iki gihugu gukorana bya hafi n’ibihugu byo mu karere mu kurwanya iterabwoba. Ni ubwicanyi bumaze igihe bukorwa n’Umutwe w’Iterabwoba wa ADF mu burasirazuba bwa DRC bumaze guhitana […]
Abimukira barenga10 barohamye abandi barenga 50 batabarwa n’abagiraneza
Byibuze abantu 11 barapfuye abandi 64 baburirwa irengero nyuma y’ubwato bubiri bwari butwaye abimukira bwarohamiye mu majyepfo y’Ubutaliyani mu nyanja ya Mediterane. Nk’uko bitangazwa n’abagiraneza bo mu Budage, abashinzwe umutekano ku nkombe z’Ubutaliyani ndetse n’imiryango y’umuryango w’abibumbye., yagerageje gutabara ariko basanga bamwe bashizemo umwuka. Itsinda ry’abatabazi ry’Abadage RESQSHIP, rikoresha ubwato bw’abatabazi bwa Nadir, ryatangaje ko […]
Nta muturage wemerewe kwica inyamaswa yitwaje ko imubangamiye-RDB
Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere, RDB rwibukije abaturage ko nta muturage n’umwe wemerewe gufata icyemezo cyo kwica inyamanswa yitwaje ko imubangamiye. Ubu ni ubutumwa bwahawe abaturage bo mu Karere ka Nyagatare nyuma y’aho inyoni 10 zo mu bwoko bw’Imisambi ziciwe muri aka Karere. Mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo amakuru y’impfu z’iyi misambi, yamenyekanye nyuma yo kumenyekana […]
Putin agiye kugirira uruzinduko muri Korea ya Ruguru
Bikomeje kuvugwa ko kuri uyu wa kabiri , Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin aribusure Koreya ya Ruguru bwa mbere kuva mu myaka 24 ishize. Putin arahura n’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un kugira ngo baganire ku ngingo zitandukanye zirimo imibano y’ibihugu byombi. Amakuru avuga ko imyiteguro igeze kure kuko amashusho yafashwe n’icyogajuru arabigaragaza. Aba […]
Umusirikare wa FARDC yishwe arashwe n’umugore we
Umusirikare mu gisirikare cya Repubulka Iharanira Demokarasi ya Congo(FARDC) yishwe arashwe n’umugore we nyuma yo gushyamirana bagatongana hafi ku rwana.Ibi byabereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri teritwari ya Kalehe mu ijoro rishyira ku Cyumweru taliki 16 Kamena 2024. Amakuru avuga ko mbere y’uko uyu musirikare witwa Kito Timothee araswa, ngo yabanje gutongana n’uyu mugore […]
Kagame si we ntandaro y’ibibazo byo mu burasirazuba bwa RDC: Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko yaba we cyangwa u Rwanda ntaho bahuriye n’ibibazo by’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza umutwe wa FDLR nka nyirabayazana yabyo. Umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Kamena ubwo yaganiraga na RBA. Ibirego by’uko u Rwanda ruteza umutekano muke mu […]
Ntacyo dutinya twarize bihagije- Perezida Kagame avuga ku banenga Demokarasi y’u Rwanda
Perezida Kagame yaganiriye n’abaturage binyuze mu kiganiro yagiranye n’ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, aho yagarutse ku ngingo zimwe na zimwe zitandukanye zirebana n’ishusho y’Igihugu kuva mu myaka 30 ishize. Muri iki kiganiro bwo yabazwaga icyo avuga ku bavuga ko mu Rwanda nta Demokarsi ihari, yavuze ko u Rwanda rwize bihagije ntacyo rutinya kuko abanyarwanda mu mateka […]
EU igiye gukuba kabiri ubufasha bwayo ku ngabo za RDF ziri muri Mozambique
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi urateganya gukuba kabiri ubufasha igenera ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, nyuma y’uko ibikorwa byawo muri iki gihugu bidindiye kubera umutekano muke. Ibikorwa bya EU byakomwe mu nkokora n’iterabwoba muri Mozambique birimo ibya Sosiyete y’Abafaransa ya TotalEnergies byo gucukura gaz mu ntara ya Cabo Delgado. Ni ibikorwa bifite agaciro ka […]
Goma: Igisenge cyagwiriye abanyeshuri 10 n’abarimu 3 barakomereka
Igisenge cy’ishuri cyaridutse cyasize byibuze abantu 10 bakomeretse mu gitondo cyo ku wa mbere, tariki ya 17 Kamena ku rwunge rw’amashuri rwa Kalangala, riherereye mu karere ka Mapendo ku muhanda wa Tumbula. Nk’uko ubuhamya bwatanzwe n’abari aho, bavuze ko abanyeshuri ndetse n’abarimu bamwe bagiye kwikinga imvura mu ishuri ryubakwaga mu mujyi wa Goma mu gitondo […]
Ubuhinde: Gari ya Moshi zagonganye umunani barapfa 25 barakomereka
Abantu umunani bapfuye,abandi bagera kuri 25 barakomereka mu mpanuka ya gari ya moshi yabereye mu burasirazuba bw’Ubuhinde. Iyi mpanuka yabaye igihe gari ya moshi y’ibicuruzwa yagongaga gari ya moshi itwara abagenzi, Express ya Kanchenjungha, mu gace ka New Jalpaiguri mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki 17 Kamena 2024. Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iyi […]
Museveni yashyizeho umusimbura wa Gen. Bainababo wavugwagaho guhondagura abasirikare
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagize Brigadier Asaph Nyakikuru Mweteise umuyobozi wungirije w’umutwe w’Ingabo zidasanzwe za Uganda (SFC). Nyakikuru wazamuwe mu ntera mu mezi abiri ashize avanwe ku ipeti rya Colonel, yasimbuye Brig Gen Charity Bainababo. Bainababo mu minsi ishize yoherejwe ku masomo, nyuma y’igihe bivugwa ko yajyaga ahondagura bamwe mu basirikare ba Uganda. […]
U Rwanda na Tanzania bihataniye intebe ya OMS
U Rwanda na Tanzania bihataniye kwegukana umwanya w’ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, nyuma yo gutanga abakandida ku mwanya w’umuyobozi waryo. Abakandida batanu barimo Umunyarwanda Dr Richard Mihigo ni bo bahataniye gusimbura umunya-Botswana, Dr Matshidiso Moeti uyobora ishami rya OMS rya Afurika kuva muri 2015. Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu […]
Nyagatare: Inka zirenga 110 zigomba gukurwa mu nzuri kubera uburenge
Mu Karere ka Nyagatare mu murenge, wa Tabagwe, haravugwa icyorezo cy’uburenge cyafashe indi ntera, aho inka zigera ku 118 zamaze kuvanwa mu zindi. Agace ka Tabagwe kagaragayemo uburenge kashyizwe mu kato.Ibi bikaba byasabwe n’Ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi RAB nyuma y’uko hagaragaye icyorezo cy’uburenge mu matungo. RAB ivuga ko ako kato kagamije kurinda ikwirakwira ry’icyorezo mu […]
Abagera kuri miliyoni 117 bavanywe mu byabo ku isi mu mpera za 2023-Raporo ya Loni
Raporo ya Loni yasohotse ku wa Kane w’icyumweru gishize, igaragaza ko mu mpera za 2023 abantu bagera kur miliyoni 117 bakuwe mu byabo ku mpamvu zitandukanye ziganjemo intambara zigenda zugariza ibihugu bitandukanye. Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, rivuga umubare w’abantu bakuwe mu byabo wiyongereye ku rugero rutarabaho mu mwaka ushize. Uko imyaka ishira […]
Papa Francis yahaye umukoro abategetsi ba RDC
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, ku Cyumweru yasabye abategetsi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gukora ibishoboka byose mu rwego rwo gushyira iherezo ku rugomo n’ubwicanyi bikomeje kugaragara muri icyo gihugu. Papa yatanze uwo mukoro mu butumwa yatanze nyuma yo kuyobora isengesho rya Angelus. Yagize ati: “Ndasaba abayobozi b’igihugu cya Repubulika Iharanira […]
Nord Kivu: Amakamyo 40 yari atwaye ibyo kurya bivuye Beni yahagaritswe
Amakamyo mirongo ine y’ibicuruzwa biva ku butaka bwa Beni amaze ibyumweru bitatu ahagaritswe i Kanyabayonga, bitewe n’imirwano ikomeje kuba hagati y’inyeshyamba za M23 na FARDC. Amakuru avuga ko bidashoboka ko aya makamyo ajya i Kiwanja, Goma n’ibindi bice byo mu majyepfo y’intara ya Kivu y’amajyaruguru kubera Intambara. Aya makamyo ngo yari atwaye imbaho n’inkwi, amavuta, […]
Sosiyete Sivili yahawe amakuru ko M23 irimo gufata ibice byinshi bya Kivu y’Amajyepfo
Sosiyete Sivili ikorera muri Kivu y’Amajyepfo, yahawe Amakuru n’abaturage bo muri teritwari ya Kalehe, ko M23 irimo kugenda yirukana ihuriro ry’ingabo za FARDC, mu bice bitandukanye by’iyi ntara. Uyu muryango utegamiye kuri leta ya Kinshasa,uvuga ko wahawe amakuru n’abaturage, ko ngo M23 iri mu bice byinshi byo muri teritware ya Kalehe, ndetse kandi ko ngo […]
Abapolisi basaga 1000 bamaze guhabwa amahugurwa yo gucunga umutekano mu gihe cy’amatora
Abapolisi barenga igihumbi nibo bamaze guhabwa amahugurwa yihariye ku bijyanye no gucunga umutekano mu gihe cyo kwiyamamaza no ku munsi w’amatora nyirizina. Byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, ko uru rwego avugira rwiteguye kuzafasha mu migendekere myiza y’amatora. Guhera tariki 22 Kamena 2024, abakandida bemejwe ku guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’Abadepite, […]
Burkina Faso: Al Qaeda yigambye igitero giherutse guhitana abasirikare 107
Igitero gikaze muri Burkina Faso cyahitanye abarenga 100 maze abarwanyi b’intagondwa z’umutwe wa Al Qaeda wiyitirira idini rya Isiramu ryitwa, aba ariwo wigamba icyo gitero. Ishyirahamwe ry’Amerika rishinzwe iperereza”SITE Intelligence Group” rikurikiranira amakuru ajanye n’imitwe y’iterabwoba rivuga ko icyo gitero Jama’a Nusrat ul-Islam wa al-Muslimin, yakigabye mu ntangiro z’icyumweru gishize mu karere kitwa Mansila, kegeranye […]
Perezida Ruto yagiye mu Busuwisi mu nama yo kunga Ukraine n’u Burusiya
Perezida William Ruto yageze i Bürgenstock, mu Busuwisi mu nama yo mu rwego rwo hejuru yo kunga Ukraine n’u Burusiya. Abakuru b’ibihugu na guverinoma barenga 100 bitabiriye iyi nama y’iminsi ibiri aho igamije kwerekana intambwe yambere iganisha ku mutekano mu bihugu by’Uburayi bw’iburasirazuba. Inama yatangiye kuri uyu wa gatandatu ikazasozea ku cyumweru.Izaganira ahanini kuri gahunda […]
Abasirikare ba FARDC batwitswe n’abaturage ari bazima
Abasirikare babiri bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), babonetse bapfuye nyuma yo gutwikwa n’abaturage ari bazima. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena ni bwo imirambo y’abo basirikare yabonetse mu gace ka Njiapanda ko muri Teritwari ya Lubero ho mu ntara ya Kivu […]
Gukorera ‘perimi’ byasubitswe mu gihe kingana n’ukwezi

Gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga z’agateganyo byasubitswe mu gihe kingana n’ukwezi, nk’uko byatangajwe na Polisi ishinzwe iyo Serivisi. Polisi yashyize hanze itangazo rivuga ko kuva kuwa 21 kugeza kuwa 28 Kamena gukorera izo mpushya z’agateganyo byasubitswe, bikazasubukurwa kuwa 22 Nyakanga. Muri iki gihe uRwanda rukomeje gukataza mu ikoranabuhanga, aho kwiyandikisha kubashaka gukorera perimi y’agateganyo bashobora […]
Ibyiza biri imbere: Kagame abwira abajyanama b’ubuzima bamusezeranyije kumuhundagazaho amajwi
Perezida Paul Kagame yashimiye abajyanama b’ubuzima ku bw’akazi gakomeye bamaze igihe bakorera Abanyarwanda, abasezeranya ko leta izakomeza gukora ibishoboka byose mu guhindura imibereyeho yabo ndetse no kuubungura ubumenyi bakenera mu kazi kabo ka buri munsi. Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena, ubwo yaganiraga n’abajyanama b’ubuzima babarirwa mu 8,000 bo hirya […]
Murumuna wa Eric Omondi wari icyamamare mu rwenya yapfuye
Fred Omondi, wari murumuna wa Eric Omondi akaba yari n’icyamamare mu gusetsa yitabye Imana. Ni nyuma yo gukora impanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa gatanu, aho yaje gupfira mu bitaro bya Mama Lucy aho yari yahise ajyanwa kwitabwaho. Abanyarwenya batandukanye by’umwihariko abo mu gihugu cya Kenya , babajwe cyane n’urupfu rwa Fred Omondi, aho […]
Goma: Impuruza ya Sosiyete Sivili kuri Wazalendo yigometse ku buyobozi
Sosiyete Sivili iratabaza amahanga n’abandi bafite aho bahurira n’uburenganzira bwa muntu, gutabara umujyi wa Goma nyuma y’uko Wazalendo ikomeje kuwuzereramo ikanica Abasivili. Sosiyete sivile yo muri Komine Karisimbi, iherereye mu bice byo mu mujyi wa Goma, yavuze ko Wazalendo isa n’iyigometse ku buyobozi kuko ngo yabujijwe kuzenguruka mu mujyi itari mukazi ariko ikaba ikomeje kubirengaho. […]
Mbere y’uko inama ya G7 isozwa Papa Francis yabanje gutakamba
Igihugu cy’Ubutaliyani muri iki Cyumweru nibwo cyakiriye inama y’ibigu birindwi bikize ku isi (G),ariko kandi binatumira umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis. Kuva G7 yashingwa mu mateka yayo, mu 1973, yakiriye Papa. Uyu mushumba yatakambiye ibi bihugu ko muri Gahunda yo gukoresha ubwenge buhangano(Artificial Intelligence) habaho kubanza kwitonda Papa Fransisiko yatakambiye abayobozi […]
RDC: Perezida yambajije niba hari irindi peti nshaka ndamuhakanira-Gen.Tshiwewe
Umugaba mukuru w’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahurutse gutangaza ko atahemukira umukuru w’Igihugu Tshisekedi kuko yamuzamuriye amapeti ubugira gatatu akigera ku butegetsi, kugeza ubwo ahurutse gushaka kumwongera ipeti undi akamuhakanira. Nk’uko Gen Christian Tshiwewe Songesa, yabitangaje mu Cyumweru gishize ubwo yari mu mu rusengero rumwe i Kinshasa, yavuze ko mu Isi no mwinjuru […]
Guverinoma yahaye Nyarugenge na Gasabo abayobozi bashya

Inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 14 Kamena, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo abashya bahawe kuyobora uturere twa Gasabo na Nyarugenge. Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ryerekana ko Bernard Bayasese yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Gasabo, asimbuye kuri uwo mwanya Umwali Pauline. Mu karere ka Nyarugenge ho Umuyobozi […]
Ramaphosa yongeye gutorerwa kuyobora Afurika y’Epfo
Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, yaraye itoreye Cyril Ramaphosa wari usanzwe ari Perezida w’iki gihugu gukomeza kukiyobora muri manda ye ya kabiri. Ramaphosa yatowe nyuma y’uko ishyaka rye rya ANC ryaherukaga kwihuza n’andi mashyaka batavugaga rumwe, bijyanye n’uko ryari ryabuze ubwiganze mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye muri uku kwezi. Amashyaka ANC yihuje […]
NEC yemeje abakandida ntakuka mu matora ya Perezida
Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024, yemeje abakandida ntakuka batatu bemerewe kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Abo NEC yemeje ni Paul Kagame w’umuryango FPR-Inkotanyi, Dr Frank Habineza w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda na Mpayimana Philippe wiyamamaza nk’umukandida […]
Perezida Kagame yakiriye indahiro za ba Minisitiri bashya, anasesa umutwe w’abadepite
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024 yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya baheruka kwinjira muri Guverinoma ndetse n’abandi bayobozi baheruka guhabwa imyanya itandukanye mu nzego nkuru z’igihugu, anasesa umutwe w’abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda nyuma yo gusoza manda yawo. Indahiro Umukuru w’Igihugu yakiriye zirimo iya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse […]
RDC: Kivu ya Ruguru isumbirijwe na ADF imibare y’abicwa iri gutumbagira
Inyeshyamba za ADF, zikomeje gukora ubugome ndengakamere muri Kivu ya Ruguru, aho muri uku kwezi habarwa abagera kuri 150 izi nyeshyamba zimaze kwica. Muri iyi minsi ADF yibasiye teritwari ya Lubero ya Kivu ya Ruguru, mu gihe yari imaze iminsi izengereje abaturiye hafi n’imipaka ya Uganda. Paluku Sébastien ukuriye sosiyete sivile ya Kambau mu gace […]
Burundi: Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko arashinja bamwe mu badepite kugurisha Peterori mu Rwanda
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Gélase Daniel Ndabirabe, arashinja bamwe mu badepite n’inshuti zabo z’abacuruzi kugurisha Peterori mu Rwanda bayikuye mu Burundi. Ndabirabe avuga ko kuba aba bacuruzi bajyana Peterori mu Rwanda aribyo byatumye u Burundi buyibura. SOSmediaBurundi, ivuga ko yongeyeho ko ibyakozwe n’aba badepite n’abacuruzi bari bagamije ko ngo Abarundi bayibura bagatangira kwigaragambya. Uyu Gélase […]
Kayonza: Bashima Leta yabahaye aho gukinga umusaya ariko kandi ngo barembejwe n’inzara
Hari abaturage bo mu Karere ka Kayonza bashima Leta yabahaye amazu yo guturamo ariko kandi ngo n’ubwo bakinga umusaya ntibabona ibyo kurya. Abavuga ibi ni abatujwe mu mudugudu wa Muganza mu Kagari ka Nkondo Umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza. Bavuga ko Leta nk’umubyeyi yabafasha ikabaha ubutaka bahingamo kuko uretse kuba baryama mu mazu […]
Icyo Col. Kazarama washinze M23 asaba Gen. Sultani Makenga
Colonel Kazarama Kanyamuhanda Vianney uri mu batangije umutwe wa M23, yasabye Gén. Sultani Makenga uyobora igisirikare cyawo kuhuriza hamwe abahoze muri uriya mutwe batakiwubamo bagakemura ibibazo bagiranye, mu rwego rwo kongera gufatanya urugendo rwo guharanira uburenganzira by’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda batangije mu myaka irenga 10 ishize. Kazarama wanabaye umuvugizi wa M23, we na Gen. Makenga bari […]