Ba maneko ba Zambia bafatiwe ku butaka bwa RD Congo

Sangiza iyi nkuru

Abanya-Zambia babiri bari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva ku wa 17 Gicurasi, nyuma yo gufatirwa ku butaka bw’iki gihugu ahitwa Moba ho mu ntara ya Tanganyika.

Umuyobozi wa Territoire ya Moba, Didier Mumbere, yabwiye Radio Okapi ko bariya bantu bavuze ko ari abapolisi ba Zambia, bakaba barinjiye ku butaka bwa Congo Kinshasa mu buryo butemewe n’amategeko.

Mumbere yagize ati”Mu ma saa kumi n’igice ku wa 17 Gicurasi ahitwa Musosa, serivisi zacu tekinike zashoboye gufata abapolisi bashinzwe iperereza ku byaha ba Zambia. Umwe yitwa Kasembe James w’imyaka 69, undi ni Bungwe Cyprien w’imyaka 33. Bari mu maboko y’inzego zacu zishinzwe umutekano. Igihe icyo ari cyo cyose, tuzabageza kuri Nyakubahwa Guverineri w’Intara ya Tanganyika “.

Didier Mumbere yavuze ko ziriya maneko za Zambia zafashijwe kwinjira muri Congo n’umukongomani na we watawe muri yombi ngo asobanure impamvu yabatwaye na moto ye.

Ba maneko ba Zambia bafatiwe ku butaka bwa Congo Kinshasa, mu gihe hashize igihe ibihugu byombi bidacana uwaka.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka havuzwe imirwano ikomeye yahuje ingabo z’ibihugu byombi ku mupaka ubigabanya, gusa iza guhagarara.

Magingo aya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irashinja Zambia kuba yarigaruriye tumwe mu duce twayo duherereye mu ntara za Tanganyika na Haut Katanga, ibyo Zambia ibihakana yivuye inyuma, ikavuga ko kwigarurira utwo duce ntacyo byayimarira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *