gy0fedyxwacl20m.jpg

Ba Perezida Kagame na Edgars Rinkēvičs bagiranye ibiganiro byo mu muhezo

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Ukwakira, yakiriwe anagirana ibiganiro na mugenzi we Edgars Rinkēvičs wa Latvia.

Perezida Kagame ari muri iki gihugu cyo mu majyaruguru y’umugabane w’u Burayi kuva ku wa Kabiri tariki ya 1 Ukwakira, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.

Ejo ku wa Kabiri Umukuru w’Igihugu yasuye inzu ndangamurage y’iki gihugu.

gy0fedyxwacl20m.jpg

Ibiganiro bye na Edgars Rinkēvičs kuri uyu wa Gatatu byabereye mu muhezo, bikaba byabanjirije ibihuza abakuru b’ibihugu byombi n’itsinda ry’abayobozi babaherekeje byibanze ku kwagura umubano uhuriweho.

Abakuru b’ibihugu byombi kuri gahunda byari biteganyijwe ko baganira ku mubano w’u Rwanda na Latvia, ku bibazo byugarije Afurika n’u Burayi ndetse no ku bufatanye mu miryango mpuzamahanga.

gy3xdhrwuaatv8m.jpg

Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri Latvia ruje nyuma y’umwaka umwe we na Perezida Edgars Rinkēvičs bahuye bakagirana ibiganiro.

Ni ibiganiro byibanze ku buryo bwo “gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye, zirimo ubuhinzi, ikoranabuhanga ndetse n’ishoramari.”

Usibye Perezida wa Latvia, Perezida Paul Kagame binitezwe ko agomba kugirana ibiganiro na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko (iya Latvia yitwa Saeima), Daigas Mierinas na Minisitiri w’Intebe, Evikas Silinas.

gy3xdhqxgaatxt-.jpg

U Rwanda na Latvia byatangiye umubano weruye mu bya dipolomasi guhera taliki 10 Mata 2007, kuva icyo gihe kugeza uyu munsi ubutwererane bwabyo bukaba bukomeje kwaguka uko bukeye n’uko bwije.

Muri Kamena umwaka ushize ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya Politiki.

gy3xdhpxiaaz5pd.jpg

Ni amasezerano yashyizweho umukono n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Biruta Vincent n’Umunyamabanga wungirije wa Leta akaba n’Umuyobozi wa Politiki muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Latvia, Andžejs Viļumsons.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *