Babiri b’ i Buharata bishe bosi wabo kuko atinda kubahemba

Sangiza iyi nkuru

Umugore n’umugabo batuye ahitwa Buharata mu Karere ka Missenyi mu Ntara ya Kagera muri Tanzania, bakurikiranyweho kwica bosi wabo, Theopista Laurent, bamuryoza ko yatindaga kubahemba ku kwezi.

Aba babiri bari; Robert Berenado w’imyaka 19 n’umugore we, Benadetha Robert na we w’imyaka 19, bafashwe na polisi nyuma yo kwivugana uyu bosi wabo w’imyaka 71, bamushinja gutinda kubahemba kandi baba bamukoreye.

EATV dukesha iyi nkuru ivuga ko Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Kagera, Awadhi Juma, avuga ko uyu mukecuru yishwe kuwa 15 Ukwakira, aba bombi bikekwa ko bamwishe, bakaba barahise bajya kwihisha ahitwa Kiruruma mu Karere ka Karagwe.

Afande Awadhi avuga ko batangiye iperereza kuri ubu bwicanyi, amakuru y’ibanze akaba yaratumye bafata aba bombi kuwa 31 Ukwakira 2021.

Uyu mupolisi avuga ko aba bombi biyemereye ko bishe uyu mukecuru nyuma yo kumara igihe kinini bamukorera ariko ntabishyure. Biteganyijwe ko uyu mugore n’umugabo bazagezwa mu butabera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *