Bamwe mu banya-Kenya bashinjwa kwiba banki yo mu Rwanda bakurikiranweho ibindi byaha iwabo

Sangiza iyi nkuru

Abagabo babiri; Reuben Kirongothi Mwangi na Eric Dickson Njagi Mutegi bari mu bandi umunani bakomoka muri Kenya bafungiwe mu Rwanda bakurikiranweho kwiba Banki ya Equity basanzwe bakurikiranweho ibindi byaha mu gihugu cyabo nk’uko Standard Media dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Aba bagabo babiri bakurikiranweho kugerageza kwiba banki ebyiri zo muri Kenya gusa ngo baje mu Rwanda nyuma yo kwemererwa n’urukiko kuburana bari hanze.

Babiri bari mu bafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuwa 25 Ukwakira bari kumwe na bagenzi babo batandatu bakomoka muri Kenya, umwe ukomoka muri Uganda n’Abanyarwanda 11 bagerageza kwiba banki bakoresheje ikoranabuhanga.

The Standard ivuga ko Abanya-Kenya bafashwe ari : Reuben Kirongothi Mwangi, Samuel Wachira Nyuguto, Eric Dickson Njagi Mutegi, Steve Maina Wambugu, Godfrey Gachiri Githinji, Erickson Macharia Kinyua, Dedan Muchoki Muriuki na Damaris Njeri Kamau.

Umunya-Uganda ni John Kibengo mu gihe Abanyarwanda ari: Eric Ngabitsinze, Serah Kankunda, Fabric Amini, Mediatrice Uwingeneye, Julius Kayitana, David Rutaboba, Jean Claude Dukundimana, Eliah Shyaka, Jean Claude Nkuranga, Robert Kagabo na Seth Kabera.

Polisi ya Kenya itangaza ko Reuben Kirongothi Mwangi byari biteganyijwe ko yitaba urukiko rw’Ibanze rwa Milimani mu Mujyi wa Nairobi kuwa 1 Ugushyingo ariko ngo ntibyakunze kuko ari gukurikiranwa n’ubutabera bw’u Rwanda.

Uyu Mwangi ngo yari asanzwe ari umukozi w’imwe muri banki zo muri Kenya. Umugore wa Mwangi yabwiye urukiko ko umugabo we yamubwiye ko agiye muri Tanzania gusa ngo bamara ibyumweru bibiri batavugana.

Mugenzi we, Eric Dickson Njagi Mutegi we afite urubanza rukiburanishwa rwo kuba yaragabe igitero kuri Banki ya Spire mu 2017.

Biteganyijwe ko byinshi ku butabera bw’aba bagabo bakekwaho umugambi wo kwiba Equity Bank Rwanda bizamenyekana kuwa 22 Ugushyingo 2019.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *