Ikipe ya FC Barcelona yemeje ko Umunya Bosnia & Herzegovina, Miralem Pjanic wakiniraga ikipe ya Juventus yo mu gihugu cy’u Butaliyani yamaze kuyerekezamo, abisikanye n’Umunya Brazil, Arthur Melo wakiniraga FC Barcelona; Juventus yemeje ko yamaze kuyigeramo.
Amakuru avuga ko FC Barcelona yagurishije Arthur kuri miliyoni 75 z’ama-Pounds, hanyuma Pjanic w’imyaka 30 y’amavuko ikamugura miliyoni 59.
FC Barcelona yavuze ko muri ariya mafaranga Arthur yaguzwe igomba guhita ihabwa miliyoni 66, asigaye Juventus ikazajya iyatanga buhoro buhoro. Iyi kipe kandi kimwe na Arthur nyirizina, bemeje ko uyu musore azakomeza kuyikinira kugeza ku mpera z’uyu mwaka w’imikino.
Uko ni na ko bigomba kugenda kuri Pjanic ugomba gukomeza gukinira Juventus, mbere y’uko asinya imyaka ine yo gukinira FC Barcelona igomba kumutangaho miliyoni 54 z’ama Pounds, andi ikazayatanga nk’uduhimbazamusyi bijyanye n’uko azajya yitwara.
Mu cyumweru gishize ni bwo ikinyamakuru Sky Sports cyatangaje ko amakipe ya Juventus na FC Barcelona yamaze kumvikana kuri bariya bakinnyi bombi, gusa Arthur ntiyabyishimira kuko yumvaga ashaka gukomeza gukinira FC Barcelona yemeza ko ari ikipe y’indoto ze.
Amakuru avuga nyuma yo kwemera kujya muri Juventus, iyi kipe yemeye kuzajya imuha umushahara wa miliyoni enye n’igice z’ama pounds ku kwezi, uruta uwo FC Barcelona yamuahaga.
Mu ijoro ryo ku wa gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Arthur yageze i Turin nyuma gato y’umukino wa shampiyona ya Espagne yari yakiniye FC Barcelona ikina na Celta Vigo, akora ikizamini cy’ubuzima ejo ku cyumweru mbere yo gusinya amasezerano y’imyaka itanu.
Magingo aya Arthur ari i Catalunya aho yagarutse gukomezanya imyitozo na bagenzi be bitegura umukino wa shampiyona ya Espagne bazakiramo Atletico Madrid ku munsi w’ejo.


