ugnadans.jpg

Batatu byavuzwe ko ari Abanyarwanda batorokeye muri Uganda nyuma y’iraswa ry’abo bari kumwe

Sangiza iyi nkuru

Abantu batatu byavugwaga ko ari Abanyarwanda bari kumwe n’abagande babiri; Job Ebidishanga w’imyaka 32, John Bosco Tuheirwe w’imyaka 35 bombi barashwe na polisi y’u Rwanda ku bwo kuyirwanya, ibafatanye magendu, bahise batorokera muri Uganda.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri iki cyumweru ko yarashe ikica abantu babiri hafi y’umupaka w’u Rwanda na Uganda mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Tabagwe, ariko ivuga ko abandi batatu batorotse, mu itangazo yashyize hanzer tariki ya 10 Ugushyingo, ntihavugwa ubwenegihgugu bw’abatorotse.

Ikinyamakuru Chimpreports na bimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda byatangaje ko aba batatu batorotse ari Abanyarwanda, amakuru Bwiza.com itakwemeza. Nta mazina cyangwa ikindi kibaranga nk’aho batuye mu Rwanda cyatangajwe.

Polisi ivuga ko aba bantu bari mu itsinda ry’abakora ubucuruzi bwa magendu yari imaze gufata binjiza ibicuruzwa bivuye muri Uganda baciye ku mupaka utemewe.

ugnadans.jpg
Bosco Tuheirwe (ibumoso) na Job Ebindishanga barashwe na polisi y’u Rwanda/ Ifoto: BBC

Amakuru yizewe BBC ifite ni uko aba bagabo batatu polisi y’u Rwanda itarashe, bahise batoroka basubira muri Uganda.

Iti “Polisi ya Uganda yatangaje ko iri gukora iperereza ku iyicwa ry’aba baturage ba Uganda, aba ngo bari kumwe na bagenzi babo batatu bo babashije guhunga basubira muri Uganda.”

Mu cyumweru gishize, umunyarwanda witwa Havugimana Peter w’imyaka 26 yarashwe n’inzego zishinzwe umutekano ubwo yari avanye ibirayi kg 50 muri Uganda nk’uko polisi ya Uganda yabitangaje.

Havugimana yakomeretse urutungu abasha guhungira muri Uganda aho yakomeje kuvurirwa, mugenzi we bari kumwe bivugwa ko yitwa ‘Muhirwa’ yarashwe mu gituza arafatwa.

Aba bombi barasiwe ku mupaka wo ku ruhande rw’Akarere ka Gicumbi mu majyaruguru y’u Rwanda bagerageza kwinjiza ibirayi mu Rwanda nk’uko Havugimana yabitangaje.

Mu byumweru bibiri bishize abagore babiri b’abanyarwandakazi bararashwe barapfa mu murenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare.

Aba bivugwa ko bafashwe n’inzego zishinzwe umutekano bikoreye ibicuruzwa bavanye muri Uganda maze bakiruka, bakaraswa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *