Abasirikare 15 ba Benin bafunzwe bazira gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Patrice Talon binyuze muri Coup d’Etat yaburijwemo mu ijoro ryo kuwa 25 rishyira 26 Kamena 2020.
Aba basirikare batawe muri yombi barimo Col. Montan Kerekou usanzwe ukora mu biro bya Mnisitiri w’Umutekano, uyu akaba ari umuhungu wa Matheu Kerekou wahoze ari perezida wa Benin kuva mu 1972 kugeza 1991 no kuva 1996 kugeza 2006.
Jeune Afrique yatangaje ko abatawe muri yombi batangiye gukorwaho iperereza ngo hamenyekane uwaba wihishe inyuma y’iki gitero cyo guhirika ubutegetsi, hanyuma babone gushyikirizwa Urukiko rushinzwe kurwanya ibyaha by’Iterabwoba (CRIET).
Iyi ibaye inshuro ya kabiri muri Benin havugwa gushaka guhirika ubutegetsi ariko umugambi ukaburizwamo, nyuma y’uko mu mpera za 2019 abandi bantu bagera kuri 20 batawe muri yombi bakekwaho umugambi wo guhirika ubutegetsi wari uyobowe na Coloneri Pascal Tawes kuri ubu uri mu buhungiro muri Amerika.


