Bidasubirwaho APR FC yegukanye igikombe cya 18 cya shampiyona

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru hano mu Rwanda Ferwafa, ryemeje ko ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda y’umwaka wa 2019/2020, nyuma yo gusoza shampiyona iyi kipe iri imbere y’izindi.

Ni igikombe cya 18 iyi kipe y’ingabo z’igihugu yegukanye kuva yatangira gukina shampiyona y’ikiciro cya mbere mu 1995.

Shampiyona y’u Rwanda isubitswe igeze ku munsi wa 24, APR FC ikaba yari iyiyoboye n’amanota 57 yabonye mu mikino 23 yari imaze gukina. Yarushaga amanota atandatu Rayon Sports ya kabiri yo yari yaramaze gukina umukino w’umunsi wa 24.

Uretse guha APR FC igikombe cya shampiyona, hanzuwe ko amakipe ya Heroes na Gicumbi FC yari aya nyuma ku rutonde rwa shampiyona amanuka mu kiciro cya kabiri, hakazabaho imikino ya kamarampaka ku makipe yo mu kiciro cya kabiri kugira ngo haboneke abiri azamuka mu kiciro cya mbere.

Ni kamarampaka igomba guhuza amakipe ane ya mbere muri buri tsinda kandi yujuje ibya ngombwa bikenerwa na Ferwafa, hanyuma abiri azahurira ku mukino wa nyuma akazazamukana mu kiciro cya mbere.

Hanzuwe kandi ko imikino y’igikombe cy’amahoro cya 2020 ihagarikwa, shampiyona y’abari n’abategarugori yo igasubikwa kugeza igihe Guverinoma izatangira uburenganzira bwo gusubukura ibikorwa by’imikino.

Ni na ko bimeze ku marushanwa y’abakiri bato na yo yabaye asubitswe.

Soma Izindi Nkuru

14 Responses

  1. Bidasubirwaho APR FC yegukanye igikombe cya 18 cya shampiyona
    Turabishyigikiye kuko APR FC yagaragaje ubudasa muguhiga amakipe

  2. Bidasubirwaho APR FC yegukanye igikombe cya 18 cya shampiyona
    Turabishyigikiye kuko APR FC yagaragaje ubudasa muguhiga amakipe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *