Abasirikare baregwa gusambanya abagore ku gahato barasaba gihamya itari amagambo

Abasirikare baregwa ibyaha birimo gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo i Nyarutarama, bagaragarije urukiko ko ibirego bashinjwa ko ari amagambo y’ibinyoma bidafite gihamya. Aba Private(Pte) ari bo Ndayishimiye Patrick, Nishimwe Fidele, Gatete François, Gahirwa John na Twagirimana Theoneste, ndetse n’umusivili witwa Ntakaziraho Donat, bari bahawe igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30 ku itariki 13 Gicurasi 2020 bahita […]

Hari impungenge ku biciro byasohotse ku macumbi y’abashyirwa mu kato ka Covid-19

Nyuma y’aho Minisiteri y’Ubuzima ishyiriye hanze ibiciro by’amacumbi ku bantu bashyirwa mu kato ka Covid-19 bavuye mu mahanga haribazwa niba ibiciro byashyizweho buri wese azabasha kubigonda nk’uko abantu batanganya ubushobozi. Ibi biciro by’ahacumbikirwa abashyizwe mu kato baturutse mu mahanga bishyizwe hanze nyuma y’iminsi mike Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel atangaje ko abantu bose bazajya bashyirwa […]

Bidasubirwaho APR FC yegukanye igikombe cya 18 cya shampiyona

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru hano mu Rwanda Ferwafa, ryemeje ko ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda y’umwaka wa 2019/2020, nyuma yo gusoza shampiyona iyi kipe iri imbere y’izindi. Ni igikombe cya 18 iyi kipe y’ingabo z’igihugu yegukanye kuva yatangira gukina shampiyona y’ikiciro cya mbere mu 1995. Shampiyona y’u Rwanda isubitswe igeze ku […]

Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse umwe wanduye n’abakize 5

img-20200522-wa0028.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 22 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye umuntu umwe wanduye Covid-19 mu bipimo 1568 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 222 barimo 5 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 321, abantu 99 ni bo bakirwaye.

Pakistan: Abakabakaba 100 baguye mu mpanuka y’indege

Indege ya Sosiyete Mpuzamahanga ya Pakistan ikora ubwikorezi bwo mu kirere yari itwaye abagenzi babarirwa mu 100, yakoreye impanuka mu gace gatuwe n’abantu benshi gaherereye hafi y’ikibuga cyo mu mujyi wa Karachi mu majyepfo ya Pakistan. Umuyobozi w’Umujyi wa Karachi, Wassim Akhtar, yatangaje ko uretse kuba iriya ndege yashenye inzu ziri hagati y’eshanu n’esheshatu, abari […]

Nyamasheke: Umuyobozi wakubitiraga abaturage mu isoko yatawe muri yombi

Nyuma y’uko abaturage barema isoko rigurishirizwamo amatungo rya Rugari riri mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke batangarije ko umwe mu bayobora koperative icunga umutekano w’iri soko witwa MBANJINEZA Jonathan abakubita, uyu mugabo yamaze gutabwa muri yombi. Umwe mu baturage bacururiza mu isoko rya Rugari yabwiye bwiza.com ko uyu mugabo yagize isoko irye kuko […]

Tariki 22 Gicurasi 1994: Ingabo za RPA zafashe ikibuga cy’indege n’ikigo cya gisirikare bya Kanombe

Bimwe mu bitazibagirana tariki ya 22 Gicurasi 2020 ni intambwe Ingabo za RPA zateye mu rugamba rwo guhagarika Jenoside ubwo habagaho ifatwa ry’ikibuga cy’indege cya Kanombe n’ikigo cya gisirikare gusa mu majyepfo ho ubwicanyi bwari bukomeje nko muri CND ku Kamonyi aho abagore n’abakobwa bicwaga urw’agashinyaguro babanje kubashyira amapasi ashyushye ku myanya y’ibanga y’umubiri ndetse […]

Perezida wa Rayon Sports yagaragarije RGB uruhuri rw’ibibazo byugarije ikipe

Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yandikiye Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB) arumenyesha uruhuri rw’ibibazo byugarije iyi kipe bituma ihoramo ubwumvikane buke. Mu ibaruwa ndende Sadate yandikiye ruriya rwego, yagaragaje ko ibibazo Rayon Sports imazemo imyaka itari mike byatewe n’abashatse gushimuta iyi kipe guhera muri 2013, kugera magingo aya bakaba bagifite uwo mugambi. Mu bo […]

Mu Banyarwanda Amerika yashyiriyeho akayabo ngo bafatwe, hasigaye 6; ni bande?

euilp6qxsaa5ukk.jpg

Urwego rushinzwe gushakisha abakurikiranweho ibyaha by’intambara, ibya jenoside ndetse n’ibyibasira inyokomuntu muri Leta Zunze Ubumwe ubu rusigaye rushakisha Abanyarwanda 6 bashinjwa uruhare rukomeye mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’ifatwa rya Kabuga Félicien ryo ku wa 16 Gashyantare 2020 mu Bufaransa ndetse bikamenemezwa ko na Bizimana Augustin na we […]

Abasirikare ba Uganda bishe abaturage babanje guhanganira mu rwuri rwa Komanda w’Inkeragutabara

Mu ijoro ryakeye abaturage bane ba Uganda barashwe n’abasirikare b’iki gihugu barapfa abandi umunani barakomereka, nyuma yo guhangana n’abasirikare barinda ifamu ya Lt Gen Charles Oweny Otema uyobora inkeragutabara za Uganda. Amakuru avuga ko abarashwe bari bamaze imyaka irenga 10 bafitanye amakimbirane na Gen. Otema, bapfa ubutaka buri wese yemeza ko ari ubwe. Gen. Otema, […]

Abaminisitiri 10 ba Sudani y’Epfo banduye Covid-19

Nyuma yaho abategetsi barindwi biganjemo abasirikare bakomeye bapfiriye umunsi umwe muri Sudani y’Epfo, bigahwihwiswa ko bazize Covi-19 , biravugwa ko abaminisitiri 10 muri guverinoma ubu banduye iki cyorezo. Visi Perezida w’iki gihugu Riek Machar, na we aherutse gutangaza ko bamusanzemo iyi ndwara, we n’umugore we Angelina Teny usanzwe ari Minisitiri w’Ingabo. Nk’uko byemejwe muri iki […]

Byemejwe ko Bizimana Augustin wari mu bashakishwa bashinjwa uruhare muri jenoside yapfuye

Urwego rwa ONU rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda muri Arusha, IRMCT ( International Residual Mechanism for Criminal Tribunals) kuri uyu wa 22 Gicurasi 2020 rwemeje ko Bizimana Augustin wari ku rutonde rw’Abanyarwanda bashakishwa bashinjwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi yapfuye. Ibi byatahuwe nyuma y’iperereza ryakozwe n’uru rwego ku bufatanye n’ibihugu birimo u Rwanda, […]

Burundi: Hari ukutemeranya ku by’agateganyo byavuye mu matora

Komisiyo yigenga ishinzwe amatora mu Burundi (CENI) yagaragaje ko ibyavuye mu matora by’agateganyo muri za Komine zitandukanye mu gihugu bigaragaza ko Gen. Evariste Ndayishimiye uhagarariye ishyaka rya CNDD-FDD ari ku mwanya w’imbere, mu gihe Agathon Rwasa uhagarariye CNL, na we avuga ko bigaragara ko yatsinze aya matora mu buryo bw’agateganyo. Tariki ya 21 Gicurasi 2020 […]

Ivugurura ry’ibya Kisilamu igice cya 5

Fiqh hagati y’amategeko y’Imana n’ibyemezo bya muntu (fiqh entre droit divin et jurisprudence humaine) Uvuga kandi ivugurura, aba avuga byanga bikunze ibisanzweho mu mahame ya kisilamu cyane bishingiye ku bizwi nka fiqh byubatswe n’aba Imamu, (4 muri sunni). Bityo kuvugurura ni ukwibaza kuri ibyo byemezo by’ubutabera nkuko byemejwe na bariya ba Imamu nkuko na Tariq […]

Umusaza wakoze mu biro bya Perezida w’Amerika imyaka 55 yishwe na Covid-19

Wilson Roosevelt Jerman, umusaza w’imyaka 91 wakoreye mu biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika imyaka 55 yishwe n’indwara y’icyorezo ya Covid-19. CNN yatangaje ko uyu musaza yatangiye gukora muri ibi biro mu 1957 ubwo yakoraga akazi ko gusukura no gukingura imiryango. Icyo gihe hari ku butegetsi bwa Dwight Eisenhower. Ku butegetsi bwa John […]