Lionel Messi yisubiyeho ku cyemezo cyo kuva muri FC Barcelona yaherukaga gufata, yemera kuzayikinira mu mwaka utaha w’imikino nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru TyC Sports cy’iwabo muri Argentine.
TyC Sports ni yo yari yatangaje bwa mbere ko Messi yabwiye FC Barcelona ko atagishaka kongera kuyikinira, gusa mu kanya kashize iki kinyamakuru cyavuze ko uyu mukinnyi azakomeza gukinira FC Barcelona, gusa akaza kubitangaza ku mugaragaro mu masaha ari imbere.
Mu busanzwe amakuru avuga ko mu masezerano ya Messi harimo ingingo ivuga ko ikipe ishaka kumugura igomba kwishyura akayabo ka miliyoni 700 z’ama-Euro, gusa Se umubyara, Jorge Messi akaba n’umuhagarariye yavuze ko iby’iyo ngingo byarangiye.
Itangazo se wa Messi yasohoye riragira riti: “Ntabwo tuzi neza amasezerano La Liga yasuzumye n’ibyo bashingiyeho bavuga ko igiciro cyo kumugura kigomba kugumaho kandi umukinnyi we yarahisemo guhagarika amasezerano nyuma y’umwaka w’imikino wa 2019/2020.”
Umubyeyi wa Messi yatangaje ibyo, mu gihe ubuyobozi bwa Shampiyona ya Espagne ku wa 30 Kanama bwari bwasohoye itangazo rivuga ko Messi agomba kuguma muri FC Barcelona, keretse habonetse ikipe yakwishyura release clause ye ifite agaciro ka miliyoni 700 z’ama-Euro.
Jorge Messi yavuze ko amasezerano ya Messi yarangiranye n’umwaka w’imikino wa 2019/2020, bityo akaba yemerewe kujya mu kipe ashaka ntacyo afunzwe.
Ati: “Iri ni ikosa rikomeye cyane ku ruhande rwanyu [Barça na La Liga]. Ni ukuri ko igiciro cya miliyoni 700 z’ama-Euro zo kurekura Messi cyarangiranye n’umwaka w’imikino ushize.”
Messi yafashe icyemezo cyo gukomeza gukinira FC Barcelona, mu gihe amakuru yose yamwerekezaga muri Manchester City yo mu Bwongereza.


