Etienne Ndayiragije, umutoza ukomoka mu gihugu cy’ u Burundi, yamaze gutandukana n’ikipe ya Bugesera FC yari abereye umutoza nyuma y’uko basheshe amasezerano hagati y’impande zombi ku bwumvikane.
Ibi bibaye nyuma y’uko uyu mutoza yari amaze igihe adaha ibyishimo abayobozi, abakunzi ndetse n’abafana b’ikipe ya Bugesera FC kubera ko kugeza ubu igice cya mbere cya shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda kirangiye ikipe iri ku mwanya wa 12 ikaba ifite amanota 18.
Kuva iyi shampiyona ya 2022-2023 yatangira, Ndayiragije mu mikino 15 yatoje, yatsinze itanu (5), anganya itatu (3), atsindwa irindwi (7).
Ndayiragije yatoje amakipe atandukanye ari yo Vital’o yo mu Burundi, ikipe y’igihugu ya Tanzania, Taifa Stars.
Ubu ikipe igiye kuba itozwa n’abasigaye muri Staff technique mu gihe hagishakishwa umutoza mushya.



One Response
Bugesera FC yatandukanye n’umutoza wayo
Nagende ibyishimo birahenda