Burundi: Abangiwe kwiyamamariza kuyobora igihugu bemerewe kujurira

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri komisiyo y’amatora mu gihugu cy’u Burundi nibwo yatangaje abakandida batandatu bemerewe kwiyamamariza amatora yo kuzasimbura Perezida Pierre Nkurunziza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Aya matora ateganyijwe tariki 20 Gicurasi 2020 naho bane bakaba aribo bangiwe ariko bahabwa iminsi ibiri yo kuba batanze ubujurire bwabo.

Mu itangazo iyi komisiyo yashyize ahagaragara kuri uyu munsi yatangaje ko abakandida icumi aribo bari batanze ubusabe bwabo ariko muribo batandatu nibo yasanze bujuje ibisabwa nyuma y’isuzuma komisiyo yakoze ku busabe bwabo bose.

Abakandida bane bangiwe ahrimo Domitien Ndayizeye wigeze no kuyobora iki gihugu akaza kuvaho mu 2000 binyuze mu masezerano ya Arusha, akaba yari yaratanzwe n’ishyaka KIRA-BURUNDI.

Hari kandi Bigirimana Jacques uhagarariye ishyaka FNL, Niyonkuru Anicet wo mu ishyaka CDP akaba yarahoze ari umunyamabanga w’ihuriro CNARED rihuriyemo abanyapolitike baba hanze y’igihugu cy’u Burundi ndetse na Kavakure Valentin wari watanzwe n’ishyaka FPN-Imboneza.

Komisiyo y’igihugu y’amatora mu Burundi, CENI yatangaje ko aba batemerewe bafite umwanya wo kujurira bitarenze iminsi ibiri uhereye igihe itangazo ryasohokeye nyuma hakazasuzumwa ubujurire bwabo mu gihe itariki yo gutangira kwiyamamaza itari yagera.

Abakandida batandatu bemerewe harimo Evarste Ndayizeye watanzwe n’ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Nkurunziza wamaze kuvuga ko atazongera kwiyamamaza, Agathon Rwasa wo mu ishyaka CNL, Gaston Sindimwo wo mu ishyaka UPRONA akaba yari na Visi Perezida w’u Burundi, Leonce Ngendakumana uhagarariye ishyaka Sahwanya-FRODEBU ndetse n’abakandida babiri bigenga aribo Dieudonne Nahimana na Francis Rohero.

Abifuza kwiyamamaza kuri uyu mwanya bari bahawe iminsi 10 kugirango bashyikirize komisiyo y’amatora, ni ukuvuga guhera tariki 25 Gashyantare kugeza tariki 5 Werurwe 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *