Burundi: Batanu bashinjwa kwica Perezida Ndadaye basabiwe igihano kiruta ibindi

Sangiza iyi nkuru

Ku munsi wa gatatu w’iburanisha mu rubanza ruregwamo abashinjwa kwica Melchiore Ndadaye, ubushinjacyaha bwasabiye igifungo cya burundu batanu bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’uriya wahoze ari Perezida w’u Burundi.

Ni urubanza ruri kuburanishwa n’Urukiko rw’ikirenga rw’u Burundi, rukaba ruregwamo abantu 20 barimo 15 badahari bijyanye n’uko bari hanze y’igihugu.

Batanu bari kuburanishwa ni Gen. Major Célestin Ndayisaba, Komiseri wa Polisi Ildephonse Mushwabure, Colonel Gabriel Gunungu, Laurent Niyonkuru na Anicet Nahigombeye.

Bakurikiranyweho icyaha kimwe cyo kuba baragize uruhare mu iyicwa rya nyakwigendera Perezida Melchior Ndadaye, perezida wa mbere w’u Burundi watowe mu nzira ya demokarasi mu 1993, mbere yo kwicwa ku wa 21 Ukwakira 1993, hashize amezi make atowe.

Ubushinjacyaha bubashinja “kwica umukuru w’igihugu, igitero ku butegetsi bwa Leta bagamije gukora ubwicanyi, gusenya no gusahura”.

Nyuma yo kumva ubushinjacyaha n’ibisobanuro by’abaregwa, ubushinjacyaha bwasabye igifungo cya burundu bariya batanu bahoze ari abayobozi bakuru mu gisirikare cy’u Burundi, nyuma yo gusanga ubwo bahabwaga umwanya wo kwisobanura ibyo bavuze nta shingiro bifite.

Bose uko ari batanu bahakanye bivuye inyuma kugira uruhare mu iyicwa rya Perezida Ndadaye.

Abaregwa n’abavoka babo bo basabye kurekurwa bagasubira mu miryango yabo, ngo kuko ari abere kandi bakaba nta ruhare bagize mu iyicwa rya Perezida Ndadaye.

Uruhande rw’abaturage ruhagarariwe n’abavoka ba leta rwo rwasabye amafaranga arenga miliyari ijana n’ebyiri z’amafaranga y’Amarundi nk’indishyi y’akababaro ndetse nk’amafaranga y’imbonezamubano angana na miliyari 100 z’amafaranga y’Amarundi.

Biteganyijwe ko umwanzuro wa nyuma wa ruriya rubanza uzatangazwa mu gihe kitarenze iminsi 30.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *