Umunyarwanda Cassa Mbungo André yamaze kwerekanwa nk’umutoza mushya wa Bandari FC yo muri Kenya, nyuma yo gusinyana na yo amasezerano y’imyaka ibiri yo kuyitoza.
Ku wa Gatandatu w’icyumeru gishize ni bwo uyu mugabo wahoze atoza Gasogi United yagombaga kugera i Mombasa Bandari FC ibarizwa akerekanwa ku mugaragaro, gusa ntibyakunda ko ahagera kubera icyorezo cya Covid-19.
Aganira n’itangazamakuru ryo muri Kenya, Cassa yavuze ko intego afite ari uguhesha ibikombe iriya kipe.
Ati: “Nishimiye kuza muri Bandari FC, ni ikipe umutoza wese yakwifuza gutoza. Ndi hano ngo ntwarane ibikombe na Bandari. Ndashaka kuzamura impano nyinshi ziri hano muri Mombasa.”
Cassa yavuze ko yigeze kwifuzwa na Gor Mahia y’i Nairobi, ariko yanga kuyerekezamo ahubwo ahitamo Bandari FC, nyuma yo kunyurwa n’imishinga yayo.
Amakuru avuga ko Cassa Mbungo André agomba gusimburwa muri Gasogi United n’umutoza Jimmy Mulisa umaze igihe nta kipe afite, nyuma yo gutandukana na APR FC mu myaka hafi itatu ishize.
Ni ku nshuro ya kabiri uyu Cassa agiye gutoza muri Kenya dore ko yabaye muri AFC Leopards kugeza mu Ukuboza 2019 ubwo yasezeraga kubera kumara igihe kirekire adahembwa.


