Ibinyamakuru byo muri Central Africa birimo Radio yigenga yitwa Radio Ndeke Luka yavuze ko kuwa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, abanyamakuru bayo babonye perezida i Bangui, umunsi umwe nyuma y’uko bivuzwe ko yajyanywe mu Rwanda nyuma yo kwitura hasi.
Umuvugizi wa perezida muri Centrafrique yahakanye amakuru ko Perezida Faustin-Archange Touadéra ku cyumweru yaba yarajyanywe mu Rwanda kuvurwa nyuma “yo kugwa gukomeye”. Ibinyamakuru muri Centrafrique na bimwe mpuzamahanga byakwije ayo makuru nyuma y’uko urubuga rushyigikiye abatavugarumwe n’ubutegetsi ruvuze ko Touadéra yakomeretse “mu kugwa gukomeye” mu murwa mukuru Bangui, agahita ajyanwa kuvurirwa mu Rwanda. Umuvugizi wa perezida, Albert Yaloke Mokpem, yatangaje “gutungurwa” kubera ibyo, avuga ko perezida ari mu kazi ke i Bangui. Yagize ati: “Perezida ubu ageze mu biro bye. Amakuru yatangajwe na Corbeau News ni ikinyoma kandi arayireba ubwayo. Twatunguwe n’amakuru nk’ayo.” U Rwanda na Centrafrique bifitanye umubano ukomeye nyuma y’aho ibihugu byombi bagiranye amasezerano y’ubufatanye, kandi Kigali igaha Bangui ingabo zarwanye ku butegetsi bwa Touadéra ubwo bwari busumbirijwe n’inyeshyamba. Mu Rwanda ariko, aya makuru ntiyigeze agarukwaho.
Umwe mu banyamakuru ba Radio Ndeke Luka mu kazi/ Interineti


