Umuyobozi w’ishyaka (FDC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Col Dr. Kizza Besigye, yabwiye abateganya kwiyamamariza kuyobora Uganda ko kugira ngo batsinde Museveni bazasabwa imbaraga zidasanzwe, kuko ngo amuzi nk’umuntu utoroshye.
Ibi Besigye yabitangarije itangazamakuru ryamubazaga uburyo azakoresha mu gushyigikira abahanganye na Museveni mu matora yo muri Mutarama umwaka utaha.
Besigye yibukije abakandida bazahangana na Museveni ko ari urugamba rukomeye barimo, yongeraho kandi ko bisaba kubwiza abaturage ukuri kuruta uko wabizeza ibitangaza nta bushobozi ubifitiye.
Yagize ati: “Dukeneye ubundi buryo, abaturage ba Uganda bashaka impinduka kuruta uko bakeneye ibinyoma mubagezaho mwiyamamaza. Ejo bundi nabonye bamwe babeshya ko bazakiza Abanya-Uganda ubwo barimo biyamamamaza. Ni gute wakiza umuturage nawe ubwawe utishoboye?”
Besigye yibukije abiyamamaza ko bahanganye n’ishyaka NRM rimaze imyaka irenga 30 ku ubutegetsi kandi ubukungu bwaryo bukaba buhagaze neza, bityo ababwira ko kubeshya abaturage uhanganye na Museveni mu matora ari ikosa rikomeye
Ati: “Umuntu ukeneye gutsinda amatora hano, akenye kubanza akiyumvisha ko Uganda ikeneye impinduka. Dukeneye impinduka mu buyobozi. Mumenye ko umugabo muhanganye atoroshye, akoresha uburyo bwose bushoboka ngo atsinde amatora.”
Dr. Kiiza Besigye yiyamamarije kuyobora Uganda incuro enye zose atsindwa, ibyatumye mu cyumweru gishize atungura abamushyigikiye akabatangariza ko ataziyamamariza kuyobora Uganda mu matora ataha.


