Umunya Portugal Cristiano Ronaldo ukinira Juventus yo mu Butaliyani, yabaye umukinnyi wa mbere mu bakina umupira w’amaguru ubashije kugira umutungo ubarirwa muri miliyari y’Amadorali y’Abanyamerika, nyuma yo kwinjiza akayabo ka miliyoni 105 z’amadorali muri uyu mwaka wa 2020.
Cristiano yabaye umukinnyi wa gatatu muri rusange ugejeje kuri ariya mafaranga agikina, nyuma ya Tiger Wood wabigezeho muri 2009 akina Golfe n’igihangange mu iteramakofe Floyd Mayweather wabigezeho muri 2017.
Ikinyamakuru Forbes Magazine kivuga ko Ronaldo mu myaka 17 amaze akina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, yinjije abarirwa muri miliyoni 650 z’amadorali mu mishahara, bikaba byitezwe ko amasezerano afitanye na Juventus akinira azarangira amaze kwinjiza abarirwa muri miliyoni 765.
Andi mafaranga yayinjije binyuze mu masezerano yagiye asinyana n’ibigo yamamariza, birangajwe imbere n’uruganda rwa Nike ruherutse kumuha amasezerano y’Ubuzima bwe bwose ndetse n’aturuka mu bihembo agenda yegukana.
Forbes kandi yavuze ko Lionel Messi watangiye gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga nyuma y’imyaka itatu Ronaldo atangiye, yinjije abarirwa muri miliyoni z’amadorali 605 nk’imishahara.
Iki kinyamakuru kivuga ko nta mukinnyi n’umwe mu mateka wigeze ageza ku mafaranga Messi na Cristiano Ronaldo binjije mu mishahara, kuko ugerageza kubegera ari David Beckham warangije Kariyeri ye yinjije abarirwa muri miliyoni 500.
Cristiano Ronaldo yagejeje kuri miliyari y’Amadorali y’Abanyamerika nyuma yo kwinjiza abarirwa muri miliyoni 105 z’amadorali ya Amerika muri 2020, arimo abarirwa muri miliyoni 60 y’imishahara.
Lionel Messi yashoboraga kwinjiza asumba ayo muri uyu mwaka kuko yinjije abarirwa muri miliyoni 104, nyamara we na bagenzi bakinana muri FC Barcelona baragabanyije imishahara yabo ho 70%, mu rwego rwo gufasha ikipe yabo guhangana n’ingaruka za Covid-19. Ni mu gihe Cristiano na bagenzi be bakinana muri Juventus bo bagabanyije imishahara yabo ho 30%.
Forbes ivuga ko byitezwe ko Messi azageza kuri miliyari y’Amadorali mbere y’uko amasezerano afitanye na FC Barcelona arangira mu mwaka utaha.


