Umunya-Côte d’Ivoire, Didier Drogba, yabaye Umunyafurika wa mbere wegukanye igihembo gitangwa n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’u Burayi cya UEFA President’s Award.
Didier Drogba yaherewe iki gihembo i Genève mu gihugu cy’u Busuwisi, ahabereye tombora ya UEFA Champions league.
Perezida wa UEFA, Aleksander Ceferin, yavuze ko bahisemo guha kiriya gihembo Drogba, kubera ko “ni intwari kuri miliyoni z’abakunzi b’umupira w’amaguru kubera ibyo yagezeho mu buzima bwe bwose bwo gukina.”
Yunzemo iti: “Drogba ni umuyobozi – inkomarume, azibukwa nk’umukinnyi kubera ubuhanga bwe, imbaraga n’ubwenge, ariko ikiruta byose ni inyota ye idashira yo gutsinda.”
Igihembo cya UEFA President’s Award Drogba yegukanye, gitangwa nk’ishimwe ry’ibikorwa by’indashyikirwa byagezweho, ubuhanga bw’umwuga n’imico y’intangarugero ku bakinnyi, kikaba cyaratangiye gutangwa mu myaka 22 ishize.
Umufaransa Eric Cantona wakiniye Manchester United ni we wahawe icy’umwaka ushize.
Drogba wegukanye igihembo cy’uyu mwaka, yatangiriye gukina umupira w’amaguru mu Bufaransa aho yakiniye Le Mans, Guingamp na Marseille, nyuma yo kwerekeza muri Chelsea.
Drogba nk’umukinnyi wa Chelsea, yatsinze ibitego 164 mumikino 381.
Igikomeye yafashije Chelsea ni ugutwara UEFA Champions league yo mu 2012, nyuma yo gutsinda Bayern Munich kuri za Penaliti.
Drogba w’imyaka 42 kandi yakiniye Galatasaray yo muri Turukiya mu mikino 53 ayitsinda ibitego 20 hagati ya 2013 na 2014.


