saidi-balikwisha.jpg

DRC: Asaga Frw miliyoni 90 yagenewe gufasha abahanganye na ADF yarigishijwe n’abajenerali

Sangiza iyi nkuru

Abajenerali bataratangazwa imyirondoro batumijwe ko komite y’imyitwarire y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC) ngo basobanure irengero ry’asaga Frw miliyoni 90 yabuze kandi yari agenewe abasirikare bahanganye n’inyeshyamba za ADF zayogoje agace ka Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Uhagarariye Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, Saidi Balikwisha, avuga ko aya mafaranga yakoreshejwe nabi, asaba FARDC gukora iperereza.

Depite Balikwisha, kuwa Gatanu tariki 15 Gicurasi yasabye ubutabera bwa gisirikare , ko “ hakorwa iperereza ku ikoreshwa ry’ayo mafaranga yahawe FARDC.”

Uyu yavuze ko “ Uretse ibyo Leta yahaye abasirikare ngo bibafashe, bamwe mu basirikare bari muri za operasiyo zo guhashya ADF muri Beni babona ibyo kurya bigoranye ndetse ngo no gukora ingendo ni ikibazo bitewe no kubura amvuta y’imodoka.”

Agendeye kuri ibi, Balikwisha avuga ko hashobora kuba harabayeho gukoresha nabi amafaranga yari agenewe gufasha aba basirikare nk’uko ibinyamakuru birimo Radio Okapi na 7sur7 bibitangaza.

Uyu mugabo ati “ Tugiye ahari kubera ibikorwa, tubona abasirikare bambaye yacikaguritse. Mu buryo bworoshye, bakubwira ko bamara iminsi ibiri batarya ndetse nta nta n’uburyo bwo gukora ingendo. Ndasaba ubutabera bwa gisirikare gukora iperereza.”

saidi-balikwisha.jpg

Depite Saidi Balikwisha

FARDC yakiriye nabi ibyavuzwe na Depite Balikwisha

FARDC ivuga ko amagambo ya Depite Balikwisha ari urucantege. Umuvigizi wa Operasiyo Sokola, Lt. Anthony Mwalushayi ati “ Kuvuga ibirego nka biriya bidafite aho bishingiye ku karubanda ni uburyo bwo guca intege abasirikare bari mu kazi.”

Kuvuga gutya gusa ntibyatumye bamwe mu bajenerali bataratangazwa amazina badatumizwa ngo basobanure ibyo aka gahambizamushyi k’abasirikare aho karengeye.

Ibitero bya ADF bimaze guhitana abatari bake muri Beni ndetse abenshi bavuye mu byabo. Kuva mu Kwakira 2019, FARDC ikomeje kugaba ibitero kuri izi nyeshyamba zikomoka muri Uganda.

Kuwa kane kugeza kuwa Gatanu, izi nyeshyamba zagabye ibitero mu byaro bya Ndalya, biri mu birometero 150 uvuye mu Mujyi wa Bunia.

Igisirikare cya Congo kivugwamo ruswa gusa ibi bitwererwa ubuyobozi bukuru buvugwaho kwijandika muri iyi migirire nk’uko bamwe mu basesenguzi muri Poliriki y’akarere bagiye babigarukaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *