Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zagabye igitero drone mu gace ka Mushaki ho muri Teritwari ya Masisi, zicyiciramo abaturage abandi barakomereka.
Ni igitero cyagabwe mu ma saa kumi z’igicamunsi.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ubwo kiriya gitero cyabaga drone za FARDC zarashe ibisasu byinshi ahantu hatuwe cyane muri Mushaki ndetse no mu nkengero zayo.
Ati: “Ubu nonaha, za drone z’intambara z’ubutegetsi bwa Kinshasa ziri guta ibisasu mu bice bituwe cyane bya Mushaki no mu nkengero zayo, muri Teritwari ya Masisi, bituma habaho ubwicanyi bukomeye mu baturage b’abasivili.”
Yunzemo ati: “Nta muntu n’umwe ukwiye guceceka imbere y’ibi bitero bigenda byica umunsi ku wundi imiryango yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Amashusho yashyizwe hanze na AFC/M23 yerekana abaturage bakomerekejwe na biriya bitero bitabwaho n’abaganga.
Kuva mu minsi mike ishize Ingabo za Leta ya RDC zakajije ibitero bya drone mu bice bitandukanye AFC/M23 igenzura, ibyatumye ubuzima bw’abaturage benshi bujya mu kaga.
Nko muri iki cyumweru ziriya ngabo zagabye ibitero mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, zikomeretsa abaturage abandi bava mu byabo.
Ku wa Kane tariki ya 7 kandi izo ngabo zarashe mu duce twa Kalenga muri Masisi na Muja ho muri Teritwari ya Nyiragongo.


