Umunya-Argentine Paulo Bruno Exequiel Dybala, yongeye gusangwamo icyorezo cya Coronavirus, iba incuro ya kane bakimusanzemo mu gihe cy’ibyumweru bitandatu bishize.
Uyu musore ukina muri Juventus de Turin, yatangaje bwa mbere ko yanduye iki cyorezo ku wa 21 Werurwe ubwo we n’umukunzi we Oriana Sabatini bipimishaga bagasanga baranduye.
Amakuru y’uko Dybala yasanzwemo Covid-19 ubugira kane, yatangajwe na Josep Petredol ukora ikiganiro cyitwa El Chiringuito gitambuka kuri Televiziyo yo muri Espagne.
Paulo Dybala yaherukaga gutangaza ko yamaze gukira, ubwo yagarukaga ku buzima yari abayeho akimara kwandura Covid-19. Icyo gihe yavuze ko we n’umukunzi we batangiye kumererwa neza, gusa birasa n’aho icyorezo cyongeye kumwigaranzura.
Dybala yari yahamije ko yakize agira ati” ku bw’amahirwe tumerewe neza cyane, muri iyi minsi nta bimenyetso tugaragaza. Bwa mbere nari nagaragaje ibimenyetso bikomeye, nanirwa vuba, nshatse gukora imyitozo, ntangira kunanirwa guhumeka nka nyuma y’iminota itanu.”
Dybala yavuze ko nyuma yo kugaragaza ibimenyetso bya mbere, we n’umukunzi we bagaragaje ibindi bimenyetso nko gukorora, kugira intege nke no kugira imbeho nyinshi mu gihe aryamye.
Paulo Dybala ni umwe mu bakinnyi batatu ba Juventus bagaragayeho icyorezo cya Coronavirus, nyuma ya myugariro Daniele Rugani ndetse n’Umufaransa, Blaise Matuidi.
Kuba uyu musore yongeye kugaragaraho icyorezo cya Covid-19, bisobanuye ko ashobora kutazagaragara mu myitozo ya Juventus iteganyijwe gusubukurwa ku wa 04 Gicurasi, mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona y’Abataliyani.


