Facebook yakuyeho ubutumwa bwa Minisitiri w’intebe wa Ethiopia ivuga ko bwarenze ku mabwiriza y’uru rubuga nkoranyambaga yo kudahembera urugomo. Ku cyumweru, Abiy Ahmed yasabye abaturage gufata intwaro bagahagarika inyeshyamba za Tigray People’s Liberation Front (TPLF). TPLF imaze umwaka irwana n’ingabo za leta ya Ethiopia. Mu minsi ya vuba ishize yafashe imijyi ikomeye. Facebook yagiye inengwa kudakora ibirushijeho ngo ibuze ko uru rubuga rukoreshwa mu guhembera urugomo. Abiy yavuze ko gutera intambwe kw’inyeshyamba kurimo “guhirikira igihugu ku rupfu rwacyo”, ashishikariza abaturage “kwitegura no gukora urugendo mu buryo [ubwo ari bwo bwose] bukurikije amategeko hamwe n’intwaro iyo ari yo yose n’imbaraga… mu gukumira, gusubiza inyuma no guhamba abakora iterabwoba ba TPLF”. Umuvugizi wa Facebook, kompanyi nyir’uru rubuga iherutse guhindura izina ikiyita Meta, yabwiye BBC ati: “Twamenyeshejwe ubutumwa bwa Minisitiri w’intebe wa Ethiopia tubukuraho kubera kurenga ku ngamba zacu zo kurwanya guhembera no gushyigikira urugomo. “Muri Meta, dukuraho ubutumwa bw’abantu cyangwa ibigo burenze ku mabwiriza yacu y’imikoreshereze y’urubuga, tutitaye ku bo bari bo”. Mu butumwa bwinshi bwatangajwe mu kwezi gushize bitifuzwaga, byahishuwe ko Facebook yari yaraburiwe ko urubuga rwayo rwarimo gukoreshwa n’imitwe yitwaje intwaro yo muri Ethiopia mu guhembera urugomo ku moko ya ba nyamucye.


