Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, ziri igamba insinzi mu guhashya umutwe w’inyeshyamba z’abagande ADF- NALU mu mirwano yabereye ahiswe Mpandeshatu y’urupfu ku wa Gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo 2019.
Iyi mirwano yabereye ahitwa Mapobu ya gatatu haherereye hagati y’icyaro cya Mapobu ndetse n’Ikirombe cya Mapobu ahiswe Mpandeshtau y’urupfu.
Mu mirwano yamaze icyumweru, FARDC ifatanyije na MONUSCO bamishe ibisasu mu birindiro bya ADF-NALU bakoresheje ibitero by’indege, benshi mu nyeshyamba barimo bamwe mu bayobozi bakuru bazo babiri barahagwa nk’uko Rwandatribune ibitangaza.
Hari amakuru Bwiza.com ifite avuga ko Umutwe w’ingabo za Congo FARDC uyobowe na Colonel Dunia mu karere ka Muyangose muri Kivu y’amajyaruguru ari wo wagabye ibitero.
Indege za gisirikare zasutse imvura y’amasasu ahantu ADF-NALU ibika intwaro. Nyuma yo gushegesha bikomeye ibirindiro by’izo nyeshyamba, Ingabo za FARDC zirwanira ku butaka zikaba zarahise zigota iyo nkambi maze mu kanya gato ziba zirayigaruriye.
Hari amakuru ataremezwa neza ko mu ngabo zahashije ADF NALU bikomeye harimo n’iza Uganda (UPDF).
ADF -NALU ni umutwe w’inyeshyamba z’Abanya-Uganda watangaje ku mugaragaro ko ukorana n’imitwe y’iterabwoba nka Al Quaeda na ISIS, ukaba umaze igihe wica abaturage mu bice bya Mapobu,Mambasa ndetse ukaba warayogoje Umujyi wa Beni muri rusange.
FARDC irabyina insinzi umunsi ku wundi mu gihe imyaka irenze 20 hari imitwe y’inyeshyamba yari yarigize akari aha kajya he. Hibazwaga icyari cyarabuze na mbere hose, ingingo isunikira abakora ubusesenguzi kuvuga ko bishoboka ko hari Ingabo z’ibindi bihugu ziri kuyifasha (kuyiha umusada).


