Ingabo za Congo (FARDC) n’abambari bayo aribo wazarendo na Maimai, bikanze abarwanyi ba M23, maze banyanyagiza urufaya rw’amasasu yica abaturage abamenyekanye akaba ari babiri.
Ibi byabereye mu gice cya Virunga, mu Mujyi rwagati wa Sake, muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu gihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo.
Ubuyobozi bw’ibanze, bwa Quartier ya Virunga muri Sake, bwavuze ko ibi byabaye ahagana mu masaha ya satatu zo mu ijoro ryo kw’itariki 27/12/2023 rishyira kuri uyu wa kane, aho bumvise urufaya rw’amasasu bakaza kumenya ko izi ngabo za Congo zikanze M23 zigapfa kurasa buhumyi abaturage babigenderamo
Ibi kandi byemejwe kandi n’umuturage watanze ubuhamya yagize ati: “Bwakeye mu Gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 28/12/2023, dusanga abantu ba biri bapfiriye mu muhanda hagati, muri Quartier ya Virunga.Nta gushidikanya bishwe n’Ingabo za FARDC, kuko mw’ijoro baraye bikanze M23, barasa amasasu menshi.”
Ni mu gihe Mujyi wa Sake, hakomeje kwatswa umuriro w’amasasu, aho imirwano ikomeje hagati ya M23 na FARDC n’abambari bayo aho imaze iminsi mu nkengero za Sake kugeza n’ubu igikomeje.Kuri uyu wa Kane mu masasaba umuvugizi wa M23 akaba yavuze ko ibirindiro byabo bikomeje kuraswaho n’indege za FARDC ariko nayo ikaba ikomeje kwirwanaho.



One Response
FARDC yikanze M23 yerekeza umututu w’imbunda mu baturage bamwe bahasiga ubuzima
Ninde barikumwese wemezako Ari FARDC yabarashe,ngewe ndumva itangazamakuru naryo ryarengereye