Gen. Mugisha Muntu yasabye Museveni guta muri yombi abaminisitiri niba ashaka kurwanya ruswa

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu batavuga rumwe na Perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda, Rtd. Maj.Gen. Mugisha Muntu avuga ko bitakoroha kumvisha Abagande ko Leta iriho irwanya ruswa kandi ba minisitiri n’abandi bategetsi baza ku isonga mu kuyirya.

Gen. Muntu kuri ubu uyoboye Ishyaka Alliance for National Transformation (ANT) avuga ko Abagande bashobora kuba bibeshya ko Perezida Museveni yarwanya ruswa kandi na we ayikoresha mu kuguma ku butegetsi.

Kuwa 4 Ukuboza 2019, biteganyijwe ko Perezida Museveni n’abandi bayobozi bazakora urugendo rwamagana ruswa.

Avuga kuri uru rugendo. Gen. Muntu yavuze ko ari “ukujijisha” rubanda ndetse no “guta umwanya” kugira ngo rugire ngo Museveni afite umutima wo kurwanya ruswa.

Ati ” Museveni ntiyarwanya ruswa kandi na we ayikoresha ngo agume ku butegetsi. Abanya-Uganda bazemera ko agiye kurandura ruswa natangira guta muri yombi no kuburanisha abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta bahoraho n’abandi bakozi ba Leta bagiye bavugwa mu bikorwa bya ruswa.”

Abo mu butegetsi nk’uko Daily Monitor ibitangaza, bavuga ko uru rugendo ruzava ahitwa Constitutional Square kugeza Kololo ruzaba rugamije ubukangurambaga mu gukomeza kurwanya ruswa.

Uganda iri ku mwanya wa 147 mu bihugu 175 mu kubamo ruswa nk’uko Raporo y’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane ubitangaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *