Kuri iki cyumweru tariki ya 27 Nzeri 2020, ibihugu bya Armenia na Azerbaijan byashyamiranye, abasirikare babyo bararasana bipfa akarere ka Nagorno-Karabahk kari hagati yabyo.
Inkuru ya BBC Ivuga ko ububushyamire bw’ibi bihugu byahoze ari bimwe mu bigize Leta zunze ubumwe z’Abasoviyeye(USSR) bumaze igihe kirekire aho buri gihugu cyifuza ko akarere ka Nagorno Karbakh kakomekwa ku butaka bwacyo.
Iyi nkuru kandi ikomeza ivuga ko mu mirwano yashyamiranije ibihugu byombi abagera 23 ku mpande zombi bahasize ubuzima.
Aka karere ka Narorno Karabakh kabarurwa n’umuryango w’abibumbye nk’agace ka Azerbaijan gusa ubwoko bugatuye bufite inkomoko muri Armenia. Bivugwa ko amakimbirane y’ibihugu byombi aturutse kuri aka gace yatangiye mu mwaka 1990. Kuva ibihugu byombi byatangira guhanganira aka gace, kamaze kugwamo abantu babarurwa mu bihumbi, barimo n’abasivili bahatuye.
Perezida Ilham Aliyev wa Azerbaijan ku cyumweru yatangaje ko afite icyizere cyo kwisubiza aka karere.
Bivugwa ko aka gace gakomeje kuberamo imirwano byagira ingaruka ku isoko rya gazi ku Isi, aho muri aka gace hanyura amatiyo manini avana gazi mu Nyanja ya Caspian ayijyana ku masoko anyuranye ku Isi.
Turkey nk’igihugu gituranyi na Azerbaijan cyayijeje ubufasha, Perezida Recep Tayyip Erdogan yasabye Isi yose gufasha Azerbaijan mu rugamba rukomeye irimo guhangana na Armenia, igamije kwigarurira agace kayo yambuwe.


