Ikipe ya FC Barcelona nyuma yo guhabwa isomo rya ruhago na Bayern Münich iheruka kuyinyagira ibitego 8-2, yiyongereye kuri mukeba wayo Real Madrid na yo yigeze gutsindwa na Bayern Münich ibitego 9-1.
Kumva ko FC Barcelona ya Messi yatsinzwe na Bayern Munich igitego kimwe cyangwa bibiri nta gitangaza kirimo, gusa kuba uwo mubare wararenze ukagera ku bitego 8-2 ni ibyatunguye abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru.
Abafana ba FC Barcelona bo ntibazibagirwa kiriya gisebo cy’amateka, ku buryo abenshi banagereranyije iriya nsinzwi n’icyorezo.
Bijyanye n’uko Bayern ikomeje gutsina bikomeye amakipe yo ku mugabane w’u Burayi, bamwe mu bakunzi ba ruhago bagiye batebya bavuga ko “Bayern ntabwo ari ikipe y’umupira w’amaguru” ko ahubwo ari “Komisiyo ishinzwe imyitwarire y’amakipe.”
Icyakora FC Barcelona si yo kipe yonyine yandagajwe na Bayern Münich, kuko na mukeba wayo Real Madrid yigeze kunyagirwa n’iriya kipe yo mu Budage ibitego 9-1.
Real Madrid ihura n’iryo sanganya hari ku itariki ya 5 Kanama mu 1980, mu mukino wa gicuti wari wabereye kuri Stade Olympique mu mujyi wa Münich.
Ni Real Madrid yari irangajwe imbere n’ibihangange nka Camacho, Vicente Del Bosque, Laurie Cunningham na Juanito; mu gihe Bayern yari irangajwe imbere na Karl-Heinz Rummenigge, Dieter Hoeness na Paul Breitner.
Bijyanye n’uko amakipe yombi yari akomeye icyo gihe, abafana bari biteze umukino uringanyiye ku mpande zombi, gusa igice cya mbere kirangira Real Madrid imaze gutsindwa ibitego 7-0.
Ni umukino Bayern Münich y’umutoza Pál Csernai yatangiranye imbaraga zo ku rwego rwo hejuru, ibitego byisukiranya mu izamu rya Madrid nk’imvura.
Bigitangira Dieter Hoeness yatsinze hat-trick (ku munota wa 6,12 na 28), ikurikirwa n’ibitego by’abakinnyi nka Paul Breitner, Kurt Niedermayer, Karl-Heinz Rummenigge na Wolfgang Kraus na bo bari bagiye banyeganyeza incundura.
Impozamarira ku ruhande rwa Real Madrid yabonetse ku munota wa 81 itsinzwe n’Umwongereza, Laurie Cunningham; mbere y’uko Karl-Heinz Rummenige na Pasi Rautiainen buzuza umubare w’ibitego 9 bya Bayern Münich.
Nyuma y’umukino, Umunya Yugoslavia, Vujadin Boskov watozaga Real Madrid, yavuze ko aho gutsindwa ibitego icyenda mu mukino umwe yabitsindwa mu mikino icyenda itandukanye.


