1784971244383

Icyitwa Ikarita y’umweru cyabaye ikibazo ku barimo Abanyarwanda muri Zambia

Sangiza iyi nkuru

Impunzi zirimo abakomoka mu Rwanda, DR Congo no mu Burundi ziba mu Murwa Mukuru Lusaka muri Zambia zirataka kutongererwa agaciro icyangombwa cyo kuhakorera kizwi nk’Ikarita y’umweru ku mpamvu zivuga ko zitaramenya.

Izi mpunzi ziravuga ko kuba iyi karita ihabwa abemerewe gukorera hanze y’inkambi itari kongererwa igihe (renewal) bituma zihera mu nzu zitinya gutabwa muri yombi, gucibwa amande ndetse no gusubizwa aho zaturutse.

Umwe muri bo yabwiye SOS Media Burundi ati” Bamwe muri twe barafungwa, abandi bashobora gusubizwa aho baturutse niba nta gikozwe. Ubu ntitwasubira mu nkambi kuko siho twanditswe hano n’aho turi nk’imfungwa mu by’ukuri.”

Bavuga ko aho bibera bibi kurushaho ari uko ufashwe afite Ikarita y’umweru yarangije igihe acibwa amande y’umurengera ari hagati ya  US$800 -US$1,000.

Urwego rushinzwe abanjira n’abasohoka muri Zambia nta bisobanuro rwifuje gutanga kuri iki kibazo.

Zambia icumbikiye impunzi zigera ku 105,000 zituruka muri DR Congo, Burundi n’ u Rwanda,  aho 20% baba mu mijyi nka Lusaka, Ndola na Kitwe. Izindi mpunzi ziba mu nkambi za Mantapala, Meheba, na Mayukwayukwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply