Umufaransa Zinedine Zidane utoza ikipe ya Real Madrid, yashimangiye ko nta gitutu yumva ariho cyo kuba yakwirukanwa, mu gihe ikipe ye yaba itsinzwe umukino wa El Clásico ifitanye na FC Barcelona kuri uyu wa Gatandatu.
Zinedine Zidane na Real Madrid ye bari ku gitutu, nyuma yo kumara imikino ibiri batazi uko gutsinda bimera. Real Madrid iheruka gutsindwa na Cadiz igitego 1-0 muri La liga, mbere yo kongera gutsindwa ibitego 3-2 na Shakhtar Donetsk muri UEFA Champions league.
Umukino wa Shakhtar ntiwagaragayemo Kapiteni Sergio Ramos, gusa hari amahirwe menshi y’uko uyu myugariro wari ufite ikibazo cy’imvune azakina umukino w’ejo.
Abasesenguzi basanga kuba Real Madrid yatsindirwa i Camp Nou na FC Barcelona ku munsi w’ejo byatuma umutoza Zidane yirukanwa.
Mu kiganiro Zidane yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu, yashimangiye ko nta gitutu yumva ari ho cyo kuba yakwirukanwa, kuko yumva ashyigikiwe na buri muntu wese muri Real Madrid.
Ati: “Yego ndumva nshyigikiwe na bose. Urebye nageze kuri byinshi ndi kumwe n’aba bakinnyi, batumye ntwara ibikombe byinshi. Nzabana n’aba bakinnyi kugeza ku rupfu. Ni bo barwana bakanirukanka. Ndashyigikiwe, ariko ubu igikenewe kuri twe ni uguhindura imitekerereze. Imikino ituzira guhindura ibintu. Aho ni ho umupira w’amaguru ubera mwiza. Iyo ibintu bibaye Bibi, ugomba kuzana imico yawe.”
Abajijwe niba abona ahazaza he hatari mu bibazo, Zidane yagize ati: “Ibyo ni ibivugwa. Nta kigeze gihinduka na gato. Bimeze nko mu mwaka ushize, ndetse no mu mwaka wanjye wa mbere. Nta gihinduka. Icyo ngomba gukora ni akazi kanjye, nkatanga ibyo mfite 100% uko bisanzwe.”
Zidane yavuze ko mu mupira w’amaguru ko ari ibisanzwe ko ikipe iba mu bihe byiza n’ibibi, kandi umuntu akaba kubyemera.
Yunzemo ati: “Buri gihe nakunze kwisuzuma. Ni yo moteri yo kwikosora. Nyuma yo gutsindwa, nk’umutoza ninye abenshi bajora, kandi ibyo ni ibisanzwe. Simba mu byahise, ahubwo nita ku bizaba mu minsi iri imbere.”
Zidane yatsinzwe na FC Barcelona incuro ebyiri mu mikino icyenda yamuhuje na yo nk’umutoza wa Real Madrid, by’umwihariko akaba aheruka kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino uheruka kubahuza.
Cyakora cyo n’ubwo uyu mugabo afite amateka meza imbere y’iriya kipe, hari amakuru avuga ko mu gihe atayitsinda bishobora kurangira yirukanwe, agasimburwa na Mauricio Pochettino wamaze guteguzwa.


