Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 35, biganjemo impunzi

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Ukwakira 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 35 mu bipimo 2086 byafashwe. Barimo 27 babonetse mu bapimwe mu nkambi y’impunzi muri Kirehe, 4 babonetse i Kigali, 3 babonetse muri Nyagatare n’1 wabonetse muri Burera. Abamaze gukira iki cyorezo ni 4806 barimo 3 b’uyu munsi, […]
Kuba mbafite nibyo bituma mba uwagaciro:Perezida Kagame
Tariki ya 23 Ukwakira 1957 nibwo Perezida wa Repubulika y’U Rwanda Paul Kagame yavutse. Ku munsi w’amavuko we abantu banyuranye bamugaragarije imbamutima banamusabira kugira ubuzima buzima. Mu butumwa yanditse abunyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yashimye buri umwe wamwifurije isabukuru, aho by’umwihariko yashimye cyane abagize ubumryango we banamuhora hafi mu buzima bwe bwa buri musi. Yagize […]
Rujugiro ufana APR yahishuye uko umukobwa yamukunze azi ko akinira Amavubi

Munyaneza Jacques umufana w’ikipe y’APR FC uzwi ku mazina ya Rujugiro yahishuye uburyo yigeze kwiyita Jacques Tuyisenge ukinira ikipe y’igihugu (Amavubi) kugira abone uko atereta umukobwa. Mu kiganiro yagiranye na Kiss FM kuri uyu wa Gatanu, Rujugiro yavuze ko yigeze kubeshya umukobwa ko akinira Amavubi kugira ngo atamwanga. Biturutse ku kuba abantu benshi bafata Rujugiro […]
RIB yataye muri yombi abagabo 10 bo mu karere kamwe bakekwaho gusambanya abangavu
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Gatanu, rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo 10 bo mu karere ka Rusizi mu Burengerazuba bw’u Rwanda, bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya no gutera inda abangavu. RIB ivuga ko batawe muri yombi bafashwe ku bufatanye n’izindi nzego zitandukanye, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo yayo iri mu murenge wa Muganza. Iti: […]
Icyo Zidane avuga ku kuba ashobora kwirukanishwa na FC Barcelona
Umufaransa Zinedine Zidane utoza ikipe ya Real Madrid, yashimangiye ko nta gitutu yumva ariho cyo kuba yakwirukanwa, mu gihe ikipe ye yaba itsinzwe umukino wa El Clásico ifitanye na FC Barcelona kuri uyu wa Gatandatu. Zinedine Zidane na Real Madrid ye bari ku gitutu, nyuma yo kumara imikino ibiri batazi uko gutsinda bimera. Real Madrid […]
Paul Rusesabagina yongerewe indi minsi ku gifungo cy’agateganyo
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukwakira 2020, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Paul Rusesabagina yongererwa igihe cy’iminsi 30 y’ifungwa ry’agateganyo. Ubwo aheruka kwitaba uruki ku wa 20 Ukwakira, Ubushinjacyaha bwasabye kongererwa iminsi y’ifungwa ry’agateganyo aho buvuga ko bugikusanya ibimenyetso bizifashishwa mu rubanza bitabonekeye igiye. Paul Rusesabagina aregwa ibyaha 13 bifitanye isano no […]
Basenga bambaye ubusa kuko ngo na Yesu yabambwe abwambaye

Abayoboke b’itorero rya White Tail riherereye mu gace ka Southampton muri Leta ya Virginia; imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, basenga bambaye ubusa ngo kuko ari ko Yesu yabambwe ku musaraba ameze. Ni itegeko ku muyoboke wese usengera muri iri torero ko agera mu rusengero yambaye uko yavutse, agafatanya n’abandi guhimbaza Imana. Umuyobozi w’iri […]
Ku isabukuru ye, Perezida Kagame yagaragaye muri Kigali Arena (Amafoto)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 63 y’amavuko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukwakira, yagaragaye muri Kigali Arena i Remera aho yagiye gukurikirana imikino ya BK Basketball National league igeze muri 1/2 cy’irangiza. Perezida Kagame wari umaze igihe akora akazi ke ahanini yifashishije ikoranabuhanga, yageze kuri Kigali Arena ari kumwe na […]
Col. Rugema Emmanuel wari umuyobozi wa RUD-Urunana yishwe
Inkuru ikomeje kuvugwa mu bitangazamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iravuga ko Colonel Rugema Emmanuel wari umuyobozi w’Umutwe wa RUD-Urunana ushamikiye ku wa FDLR-FOCA urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aherutse kwicirwa i Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru. Televiziyo ya MNCTV Congo yavuze ko umwe mu basirikare bakomeye bakorera i Rutshuru wemeje iyi nkuru, yavuze ko […]
Nabonibo, umuhanzi w’Iyobokamana wemera ko ari umutinganyi arashimira Papa Francis
Umuhanzi mu by’iyobokamana w’Umunyarwanda wiyemerera ko ari umutinganyi, Albert Nabonibo arashimira Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis nyuma yo kumvikana ashyigikira abafite imyemerere nk’iye. Aya magambo ya Papa Francis yumvikanye mu cyegeranyo cyagiye hanze tariki ya 21 Ukwakira 2020, avuga ko abaryamana bahuje ibitsina bakunzwe kwitwa ‘abatinganyi’ bakwiriye kwemera n’amategeko, bakabana nk’umuryango nk’uko […]
RDC: Abanyamulenge benshi baguye mu mirwano mu Minembwe, muri Béni hapfa inyeshyamba 10
Abantu bagera kuri 40 bamaze kugwa mu mirwano ikomeje kuvugwa mu Minembwe ho muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Amajyepfo, ikomeje gushyamiranya inyeshyamba za Maï-Maï n’umutwe wa Ngumino-Twigwaneho, yatangiye mu ntangiriro z’iki cyumweru. Kawaya Mutipula Aimé uyobora Teritwari ya Fizi, yabwiye 7SUR7.CD ko abenshi mu bapfuye baguye mu gace ka Lulenge, yongeraho ko abarenga 30 […]
Bobi Wine na Gen. Tumukunde ku rutonde rw’abujuje ibisabwa mu guhangana na Museveni
Kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020 ni bwo Komisiyo y’Amatora muri Uganda yakiriye ibyangombwa bya nyuma by’abakandida 19 bifuza kuzahatanira umwanya w’Umukuru w’Kgihugu muri Uganda. Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora muri Uganda, Simon Byabakama yavuze ko uru rutonde rw’abantu 19 ruzanonosorwa kugeza kuwa 2 Ugushyingo 2020. Bimwe mu byangombwa bya nyuma batanze, birimo imikono […]
Ibigo by’amashuri byabujijwe kwaka abakobwa ibyangombwa byerekana ko badatwite

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yihanangirije abayobozi b’ibigo by’amashuri byasabaga abanyeshuri b’abakobwa icyangombwa kigaragaza ko badatwite mbere y’uko bemererwa kwiga, ivuga ko iki ari igikorwa kibi gishobora gutera ipfunwe ugikorewe. Mu minsi ishize, ku mbugankoranyambaga hamaze iminsi hazenguruka ibaruwa yandikiwe umubyeyi n’ubuyobozi bw’ikigo babamenyesha ibyangombwa umunyeshuri agomba gutangira yitwaje. Muri ibi byangombwa, Ibaruwa igaragaza ko hagokmba […]
FCC ya Kabila yafashe umwanzuro wo kwigumura kuri Tshisekedi
Ihuriro ry’amashyaka ya politiki ririmo irya Joseph Kabila, FCC (Le Front Commun Pour le Congo), kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020 ryafashe umwanzuro wo kwigumura kuri Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi. Intandaro y’ibi byose ni uko Perezida Tshisekedi aherutse kurahiza abacamanza, ihuriro rya FCC rivuga ko ritabazi; bityo kubarahiza bikaba byari […]
Amerika yemeje burundu umuti wa COVID-19
Abashinzwe kugenzura imiti muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bemeje burundu umuti urwanya virusi wa remdesivir nk’ugiye kuvurishwa abarwayi ba Covid-19 bari mu bitaro, mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) riherutse gutangaza ko uriya muti nta bushobozi bwo kuvura ufite. Ikigo cy’Amerika gishinzwe ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa (FDA) cyavuze ko uyu muti, wahawe […]
Malawi: Uwari minisitiri wahaye passport Umunyarwanda wahungaga ubutabera yakatiwe
Urukiko rukuru rwa Lilongwe rwakatiye igihano cyo gufungwa imyaka itandatu no gukora imirimo y’amaboko uwahoze ari minisitiri w’umurimo n’umutekano w’imbere mu gihugu, Uladi Musa, nyuma y’amahano yakoze yo guha Umunyarwanda wacitse ubutabera passport ya Malawi kugirango atazafatwa. Uw Munyarwanda ni Vincent Murekezi, wamaze imyaka hafi 20 atarafatwa nubwo yari yarashyiriweho impapuro zimuta muri yombi akurikiranweho […]
Perezida wa Tchad yagize Samuel Eto’o Fils ambasaderi

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 22 Ukwakira 2020, Perezida wa Tchad, Marshal Idriss Deby Itno yashyize umukono ku iteka, rigira ambasaderi w’igihugu cye ku rwego mpuzamahanga, uwahoze ari kizigenza w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Les Lions Indomptables, Samuel Eto’o Fils. Ni amakuru yakiriwe neza iwabo muri Cameroun kubona umuhungu wabo yubashywe gutyo mu gihugu cy’igituranyi […]
Padiri Ubald urwaye Covid-19 ari gutora agatege
Padiri uzwiho gusengera abarwaye indwara zikomeye bagakira, Ubald Rugirangoga ubu ubu ari koroherwa nyuma yo kugaragaraho icyorezo cya Covid-19. Ku wa 21 Ukwakira 2020 ni bwo byamenyekanye ko Padiri Ubald yanduye icyorezo cya Covid-19, ko ubuzima bwe butameze neza ku buryo byatumye adakomeza gukorera isengesho ry’Ishapure ku rukuta rwa Facebook. Kuri uyu wa 22 Ukwakira, […]
Guinea: Perezida Alpha Conde yongeye gutorerwa manda ya gatatu itavugwaho rumwe
Perezida wa Guinea, Alpha Condé, yongeye gutorerwa manda ya gatatu nyuma yo gutsinda amatora mu turere 37 kuri 38 aho yabonye amjwi akubye kabiri ay’uwo bari bahanganye nk’uko byatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane nk’imibare y’ibanze y’ibyavuye mu matora. Condé, ufite imyaka 82, kugeza ubu amaze kubona amajwi miliyoni 2.4, ugereranije na miliyoni […]