Kuva ku mugoroba w’ejo ku wa Kabiri,izina Lionel Messi rikomeje kugarukwaho cyane mu bakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku Isi, kugeza no mu kipe ya Rayon Sports abafana bayo bagaragaje ko na bo atabagwa nabi.
Mu bitangazamakuru bitandukanye, ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hantu henshi hahurira abantu, izina Messi riri kugarukwaho umunota ku wundi.
Ibya Messi wahungabanyije Isi, byatangiye mu ijoro ryakeye ubwo Ikinyamakuru TycC Sports cy’iwabo muri Argentine cyatangazaga ko uyu rutahizamu w’ibihe byose wa FC Barcelona yayimenyesheje ko atazongera kuyikinira.
Iki kinyamakuru cyavuze ko Messi yamaze koherereza Fax ikipe ya Barça ayimenyesha ko atagomba gutegereza ko amasezeramo ye arangira mu mwaka utaha wa 2021, ibyahawe umugisha n’umunyamakuru Alfredo Martinez wavuze ko Messi atazitabira igikorwa cyo gupima Covid-19 abakinnyi ba FC Barcelona ndetse n’imyitozo yayo, ngo kuko icyemezo yafashe ari ntakuka.
Ni inkuru yashenguye bitavugwa abafana ba FC Barcelona hirya no hino ku Isi, bijyanye n’ibigwi Lionel Messi yubatse mu kipe yabo kuva yayigeramo ari umwana muto mu myaka 20 ishize.
Ab’inkwakuzi bahise bihutira kugera ku biro bya FC Barcelona, aho bakoreye imyigaragambyo yamaganaga Perezida Josep Maria Bartomeu wa FC Barcelona.
Magingo aya mu miyoboro y’itumanaho hari kunyuzwa ubutumwa bwinshi bwamagana Bartomeu ushinjwa kugira uruhare rukomeye mu irimbuka rya FC Barcelona, kugeza ubwo itsindwa muri UEFA Champions league ibitego umunani nk’akana gato.
Abavuga icyongereza bati: “Bartomeu Out!”, Abavuga icy’Espagnol na bo bati “Bartomeu Dimissio!”
Bose bahuriza ku kuba bamusaba kwegura, cyangwa akirukanwa ku ngufu.
Cyakora mu gihe abafana ba FC Barcelona bari mu marira, abadakunda iyi kipe y’i Catalunya bo bibereye mu bicu.
Ab’amakipe nka Manchester City, Paris Saint Germain, Manchester United na Inter Milan bari kwicinya icyara bavuga ko Messi ashobora gukinira amakipe yabo, mu gihe ab’amakipe aciriritse na bo bagiye bamuha ikaze ariko byo kwishimisha.
Abarayon na bo ntibatanzwe!
Abafana ba Rayon Sports ku mbuga za Twitter na Facebook, biriwe bahererekanya ifoto mpimbano (Photoshop) ya Lionel Messi yambaye umwambaro wa Rayon Sports, bamuha ikaze mu ikipe y’ubururu n’umweru.
Bamwe bati: “Ikaze Lionel Messi muri Gikundiro, ikipe izaguha ibyishimo!”
Abandi na bo bati: “Lionel urisanga mu kipe y’Imana”, mu gihe hari n’abarenzagaho bakavuga ko Messi yabwiye FC Barcelona ko nta yindi kipe yifuza kwerekezamo itari Rayon Sports.
Magingo aya, ntiharamenyekana koko niba Messi adashobora kwisubira ku cyemezo yafashe nk’uko yigeze kubigenza asezera mu kipe y’igihugu ya Argentine nyuma akayigarukamo, dore ko abayobozi bakomeye muri FC Barcelona batangaje ko bagomba kubakaba ikipe ikomeye ariko yubakiye kuri Messi.



6 Responses
Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica
sadate azahita amugurisha hhhhh
Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica
sadate azahita amugurisha hhhhh
Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica
president wa barcelone neza neza ni nka sadate
Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica
president wa barcelone neza neza ni nka sadate
Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica
president wa barcelone ni nka sadate neza neza
Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica
president wa barcelone ni nka sadate neza neza