Igiciro cy’ikawa cyaragabanutse bikabije kandi abayikenera biyongera

Sangiza iyi nkuru

Igiciro cy’ikawa cyaraguye mu myaka itatu ishize ku Isi yose. Ni mu gihe abyinywa bo bagiye biyongera.

Umuryango Mpuzamahanga w’ Ikawa (ICO) kivuga ko ikawa nka arabia na robusta zatakaje agaciro ku gipimo cyo hejuru cya 40% ku buryo ari ubwa mbere byabaho mu mateka.

Ibi ngo byateje ikibazo abahinzi ba kawa bo muri Burazili, igihugu cya mbere ku isi mu guhinga iki gihingwa ngengabukungu.

ICO ivuga ibi mu gihe ariko ku rundi ruhande abanywa ikawa biyongereyeho 2.1% ku Isi. Kivuga ko ibi byakabaye bituma igiciro cy’ikawa kinogera abahinzi bayo.

Ikigo Fairtrade Coffee kivuga ko udukombe tw’ikawa miliyaridi tunyobwa buri munsi ku Isi yose.

Valeria Rodriguez, Umuyobozi Mukuru wa fairtrade organisation Max Havelaar mu Bufaransa yabwiye AFP ko “ikibazo cy’igiciro cyatangiye guteza ikibazo abahinga ikawa.”

Ati “ Ingaruka ziteye ubwoba, ntibakibasha [abahinzi] kwihaza, ni ikibazo gushora imari mu kuyitunganya cyangwa kwitegura guhangana n’ikirere.”

Muri Amerika yo hagati n’iy’Epfo batangiye kureka ubuhinzi bw’ikawa. Iki kibazo kiri no muri Afurika mu bihugu nka Kenya na Cameroon nk’uko AFP ibitangaza.

Ni ikibazo ICO ivuga ko gihangayikishije kandi ko kukivugutira umuti bitoroshye mu Mijyi nka Landani na Newyork.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *