Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero cyagabwe mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero abitwaje intwaro bataramenyekana baraye bagabye mu karere ka Nyaruguru, cyemeza ko ubutaka bw’u Burundi budashobora kuba ibirindiro by’imitwe igamije guhungabanya umutekano w’ibihugu bituranye na bwo.

Mu ma saa sita yo mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu ni bwo abitwaje intwaro babarirwa mu ijana bagabye igitero ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda biri mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru, bakomeretsa abasirikare batatu b’u Rwanda nk’uko RDF yabitangaje.

Igisirikare cy’u Rwanda cyavuze ko abagabye icyo gitero baturutse i Burundi akaba ari na ho basubira nyuma yo gukomwa mu nkokora n’abasirikare b’u Rwanda.

Mu bagabye icyo gitero ingabo z’u Rwanda zarashemo bane zirabica na ho bagenzi babo batatu bafatwa mpiri. Hafashwe kandi ibikoresho bya gisirikare bitandukanye bari bafite, birimo imbunda, za gerenade, amasasu ndetse na radiyo z’itumanaho.

Hafashwe kandi n’ibindi bikoresho birimo ibigaragara ko ari iby’igisirikare cy’u Burundi.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi, Colonel Biyereke Floribert mu itangazo yasohoye, yavuze ko igitero cyagabwe i Nyaruguru ntaho gihuriye n’ingabo z’igihugu cye.

Yagize ati: “Amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ku gitero cyabaye kuri uyu wa 27 Kamena mu murenge wa Ruheru mu Rwanda gikozwe n’abitwaje intwaro kugeza magingo aya bataramenyekana…Igisirikare cy’u Burundi kiragira ngo kimenyeshe abantu baba abanyagihugu cyangwa abanyamahanga ko ubutaka bw’u Burundi budashobora kuba ubwihisho bw’imitwe igamije guhungabanya umutekano w’ibihugu duturanye.”

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi cyavuze ko ubutumwa bw’icyo gisirikare ari uguharanira ko umutekano ucungwa neza ku mipaka y’ibihugu bituranye na bwo.

Colonel Biyereke avuga ibi, mu gihe igisirikare cy’u Rwanda cyakunze kugaragaza ko ibitero abitwaje intwaro bagiye bagaba mu ntara y’Amajyepfo mu bihe bitandukanye byose byagiye bituruka i Burundi.

Muri byo harimo icyo ku wa 01 Nyakanga 2018 mu Mudugudu wa Cyumuzi, mu Kagari ka Ruhinga mu Murenge wa Nyabimata muri Nyaruguru, Aho abagizi ba nabi bagabye igitero mu baturage bagasahura amatungo, ibiribwa, imyenda n’amafaranga.

Mbere yaho mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018, na bwo abo bagizi ba nabi bitwaje imbunda bishe barashe abantu babiri i Nyabimata, bakomeretsa batandatu barimo n’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo Murenge, Nsengiyumva Vincent watwikiwe imodoka undi muturage we agatwikirwa moto.

Ni igitero byamenyekanye ko cyagabwe n’inyeshyamba za FLN, mbere y’uko Maj. Nsabimama Calixte uzwi nka Sankara wari umuvugizi wacyo atabwa muri yombi, akemerera ubutabera bw’u Rwanda ko hari ubufasha Inyeshyamba yavugiraga zajyaga zihabwa na bamwe mu basirikare bakomeye muri FDNB.

Mu Ukuboza 2018 ho abitwaje intwaro baturutse mu gihugu cy’u Burundi, bagabye igitero ku Kitabi mu karere ka Nyamagabe bica abantu babiri, abandi umunani barakomereka, na ho imodoka z’abagenzi umunani ziratwikwa.

Icyo gihe umukwabu wakozwe n’ingabo z’u Rwanda wasize zishe batatu mu bari bagabye icyo gitero, mu gihe abandi bazimiriye mu ishyamba rya Nyungwe.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero cyagabwe mu Rwanda
    Je ivyo muvugango abatey urwanda ng nigihugu cuburund ndabihakanye ntakunt twob twiberey mukigandar ham ngo baj muntambar ivy nukubesh canke hoho boja gutera urwanda bashak inyungu nyabaki ivy bint birimw amahiny muzobitohoz nez

  2. Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero cyagabwe mu Rwanda
    Je ivyo muvugango abatey urwanda ng nigihugu cuburund ndabihakanye ntakunt twob twiberey mukigandar ham ngo baj muntambar ivy nukubesh canke hoho boja gutera urwanda bashak inyungu nyabaki ivy bint birimw amahiny muzobitohoz nez

  3. Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero cyagabwe mu Rwanda
    Je ivyo muvugango abatey urwanda ng nigihugu cuburund ndabihakanye ntakunt twob twiberey mukigandar ham ngo baj muntambar ivy nukubesh canke hoho boja gutera urwanda bashak inyungu nyabaki ivy bint birimw amahiny muzobitohoz nez

  4. Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ku gitero cyagabwe mu Rwanda
    Je ivyo muvugango abatey urwanda ng nigihugu cuburund ndabihakanye ntakunt twob twiberey mukigandar ham ngo baj muntambar ivy nukubesh canke hoho boja gutera urwanda bashak inyungu nyabaki ivy bint birimw amahiny muzobitohoz nez

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *