Ikipe ya Patriots BBC, yaraye yisubije igikombe cya Shampiyona ya Basketball ya BK Basketball National league, nyuma yo gutsindira ku mukino wa REG BBC imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Patriots yatwaye igikombe itsinze REG amanota76 kuri 61, mu gihe mu bari n’abategaeugori The Hoops Rwanda yatwaye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma IPRC Huye amanota 68 kuri 65.
Umukino wa nyuma mu bagabo wahuje REG BBC na Patriots BBC witabiriwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari umukunzi ukomeye wa Basketball, wanitabiriye umukino wa 1/2 cy’irangiza REG BBC yasezereyemo APR BBC.
Ni umukino wanabimburiwe n’indi mikino yo gushaka umwanya wa gatatu. Nko mu bagabo ikipe ya IPRC Kigali yawegukanye itsinze APR BBC amanota 87 kuri 79, mu bari n’abategarugori ikipe y’Ubumwe iwutwara itsinze APR amanota 67 kuri 52.
Ibi bisobanura uko amakipe ya APR BBC yari aciriritse muri iriya mikino ya nyuma.
Banki ya Kigali isanzwe ari umuterankunga mukuru wa ririya rushanwa, yahembye amakipe yabaye aya mbere 2,000,000Rwf, aya kabiri ahabwa 1,500,000Rwf aya gatatu ahabwa 1,000,000Rw mu gihe ikipe zabaye iza kane zahembwe 800,000Rwf.
Biteganyijwe ko amakipe yegukanye ibikombe azahagararira u Rwanda mu mikino mpuzampahanga. Patriots BBC izahagarariria u Rwanda muri Basketball Africa League mu gihe The Hoops Rwanda izahagarariria u Rwanda mu mikino y’Akarere ka Gatanu.





